Joël Le Scouarnec wahoze ari muganga mu Bufaransa arashinjwa gusambanya abana

Mu gihe ibyo ashinjwa byaramuka bimuhamye, Joël Le Scouarnec (uri hagati kuri iki gishushanyo cyigana ibyo muri urwo rubanza) ashobora gufungwa imyaka igera kuri 20

Ahavuye isanamu, AFP/GETTY IMAGES

Insiguro y'isanamu, Mu gihe ibyo ashinjwa byaramuka bimuhamye, Joël Le Scouarnec (uri hagati kuri iki gishushanyo cyigana ibyo muri urwo rubanza) ashobora gufungwa imyaka igera kuri 20
Yatangajwe

Umuganga ubaga (surgeon/chirurgien) abarwayi ubu uri mu kiruhuko cy'izabukuru wo mu Bufaransa yitabye urukiko ashinjwa gusambanya abana no kubahohotera.

Joël Le Scouarnec w'imyaka 69 y'amavuko ashinjwa guhohotera bishywa be babiri, umukobwa w'umuturanyi ndetse n'umurwayi.

Ariko abashinjacyaha bacyeka ko ashobora kuba yarahohoteye abana bagera kuri 349 hagati y'umwaka wa 1989 na 2017.

Yemeye icyaha cyo guhohotera ariko ahakana icyo gusambanya abana.

Urwo rubanza rwatangiye ejo ku wa gatanu mu mujyi wa Saintes mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw'Ubufaransa, ni intangiriro y'igishobora kuba amahano ya mbere akomeye mu mateka y'iki gihugu y'umuntu mukuru usambanya abana.

Mu gihe ibyo ashinjwa byaramuka bimuhamye, Bwana Le Scouarnec ashobora gufungwa imyaka igera kuri 20.

Urwo rubanza ruri kubera mu muhezo, ku cyifuzo cy'uwatanze ikirego.

Bwana Le Scouarnec yatawe muri yombi mu mwaka wa 2017, nyuma yaho umukobwa w'umuturanyi yari amaze kubwira abo mu muryango we iby'ibivugwa ko ari ihohoterwa yakorewe.

Abakora iperereza bavuze ko nyuma baje gusaka inzu ye bakayisangamo amashusho agaragaza ihohoterwa ry'abana ndetse n'ikayi ikubiyemo amahohotera ashingiye ku gitsina yari yaragiye akora.

Ikarita igaragaza umujyi wa Saintes mu Bufaransa