Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Thilo Kehrer ukinira PSG yafunguye ikigo cyo gufasha urubyiruko rw'i Burundi
Thilo Kehrer, umukinnyi myugariro wa Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, ku wa mbere yatangaje ikigo cye kigamije gufasha mu iterambere ry'urubyiruko mu Burundi, igihugu nyina avukamo.
Kehler w'imyaka 23, ni Umudage ukinira ikipe y'igihugu yaho wavukiye mu mujyi wa Tübingen hagati mu Budage ku mubyeyi w'Umudage n'Umurundikazi.
Ikinyamakuru RMC Sport kivuga ko mu gutangiza iki kigo, Kehler yari yatumiye bamwe muri bagenzi bakinana nka Eric-Maxim Choupo-Moting, Marquinhos na Julian Draxler.
Mu gukusanya inkunga igenewe iki kigo, uwo munsi hagurishijwe amafoto umunyabugeni w'Umudage Tom König yafatiye mu irushanwa rya marathon y'amahoro mu Burundi umwaka ushize.
Abakinnyi ba PSG baje muri iki gikorwa batanze inkunga yabo yo gushyigikira iki kigo kizafasha cyane cyane urubyiruko rw'Abarundi kwiga.
Iki kigo kandi kizafasha uru rubyiruko guteza imbere impano zarwo, kibashakira amahugurwa no gutera inkunga imishinga yo guhanga ibishya nk'uko bivugwa na RMC Sport.