Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

Rwanda - Kwibuka 30 LIVE

Rwanda - Umuhango wo kwibuka Jenoside ku nshuro ya 30 urimo kubera muri Kigali Arena

Incamake

  • Umuhango wo kwibuka urabera ku Rwibutso rwa Kigali, BK Arena, na nyuma habe Walk To Remember mu muhanda ugana kuri BK Arena
  • Hitezwe kumvwa ijambo rya Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa
  • Bill Clinton wari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cya Jenoside ni we uyoboye intumwa zoherejwe na Amerika
  • Kwitabira uyu muhango kwa Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y'Epfo ni inkuru ikomeye
  • Perezida Paul Kagame yavuze amasomo atatu u Rwanda rwavanye muri jenoside
  • Hirya no hino ku isi habaye ibikorwa bitandukanye byo kuzirakana uyu munsi mpuzamahanga wagenwe na ONU

Amakuru y'ikibiriraho

Samba Cyuzuzo i Kigali na Didier Bikorimana i Nairobi

  1. Gusoza uru rubuga rwa Live

    Dufunze uru rubuga rw'aya makuru ya Live. Mwakoze abadukurikiye kandi mugire ibihe byiza.

  2. Kwibuka jenoside mu bindi bihugu

    Uretse mu Rwanda, mu bihugu bimwe na bimwe habaye ibikorwa byo Kwibuka jenoside bitegurwa n'abahagarariye u Rwanda mu mahanga, cyangwa inshuti z'iki gihugu.

  3. Ivy'akakanya, Walk To Remember yasubitswe

    Igikorwa cyari cyitezwe cy'urugendo rwo Kwibuka kizwi nka Walk To Rember cyasubitswe kubera imvura, nk'uko abategura uyu muhango babitangaje.

    Urwo rugendo rwari kuva ku Nteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura rukerekeza i Remera kuri Kigali Arena ahari gukomereza ijoro ryo kwibuka. Iki gikorwa cya yuma cyo ababiteguye bavuze ko gikomeza nk'uko byari biteganyijwe.

  4. Amasomo u Rwanda rwakuye muri Jenoside

    Perezida Kagame yavuze ko hari amasomo “atatu akomeye” u Rwanda ruvana muri jenoside rwaciyemo, n’uburyo bwo gukumira ko yakongera kuba.

    Irya mbere arishingira ku kuba Abanyarwanda ubwabo ari bo avuga ko bahagaritse jenoside nyuma yo gutereranwa n’amahanga.

    Ati: “Icya mbere, twebwe gusa, Abanyarwanda n’Abanyafurika, ni twe dushobora guha agaciro gakwiriye ubuzima bwacu…

    “Icya kabiri, kudategereza gutabarwa cyangwa gusaba uruhushya rwo gukora igikwiye ngo urengere abantu…

    “Icya gatatu, kurwanya iteka politike y’ivanguramoko. Jenoside ni ivanguramoko ry’uburyo bubi bukabije… kandi kuko impamvu zayo ziba ari iza politike, n’umuti wayo ugomba kuba uwa politike. Kubera iyo mpamvu, politike yacu ntishingiye ku moko cyangwa idini, kandi ntizongera kumera ityo.”

    Kagame yavuze ko umutwe wa FDLR, yise “ingufu zasize zikoze jenoside”, aho uri muri DR Congo “ufashwa amahanga abireba, kandi intego zawo ntizahindutse”, avuga ko intego yawo ari ukurimbura Abatutsi. FDLR yo ivuga ko igamije kubohora u Rwanda "ubutegetsi bubi" bwa FPR-Inkotanyi.

    Kagame ati: “Ingaruka z’ibi [kuba FDLR iri muri DR Congo] ni impunzi ibihumbi amagana z’Abatutsi b’Abanyecongo bari hano, kandi nta gahunda iboneka ihari yo kubasubiza mu gihugu cyabo.”

    Yongeraho ati: “Ubuhezanguni n’amacakubiri byagejeje kuri jenoside [mu Rwanda] bishobora kuba n’ahandi hose, igihe bidakumiriwe.

    “Abanyarwanda ntibashobora kwigira ntibindeba ku bishobora kugeza kuri jenoside, nubwo twaba turi twenyine.”

  5. U Rwanda nyuma ya jenoside - Imwe mu mibare

    Imwe mu mibare kuri jenoside na nyuma yayo mu Rwanda

  6. Tugeze aha ku bw'ubumwe bwacu – Kagame, Kagame avuga ko u Rwanda rugeze aha kuko Abanyarwanda bunze ubumwe

    Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugeze aho rugeze ubu “kuko twahisemo kuzura (kuzuka) igihugu cyacu dushingiye ku bumwe, no kugira igihugu cyunze ubumwe, kandi tukabaho dutyo”.

    Yongeyeho ko “icy’ingenzi cyane twahisemo ni ugutekereza tukarenga akaga kabaye tukaba abantu bafite ahazaza”.

    Ubushakashatsi buheruka (2021) bw’ikigo cya leta y’u Rwanda buvuga ko igipimo cy’ubwiyunge kiri kuri 94%, abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango imwe n’imwe bo bavuga ko Abanyarwanda batunze ubumwe nk’uko leta ibivuga.

    Victoire Ingabire ukuriye ishyaka DALFA-Umurinzi, ritaremerwa na leta, kuri buriya bushakashatsi bwo mu 2021 yavuze ko imibare butangaza we abona "ari ugukabya" kuko abona hari benshi bakireberwa n'abibona mu ndorerwamo z’amoko yabo.

    Inkuru zijyanye n'iyi wasoma:

  7. Kagame yashimiye Uganda, Burundi, DR Congo, Kenya..., Kagame yashimiye ibihugu n'abantu ku giti cyabo

    Yabanje kwisegura ko adashobora kuvuga ibihugu n’abantu ku giti cyabo babwiye isi ko mu Rwanda harimo kuba jenoside mu 1994, n’abafashije u Rwanda mu buryo butandukanye kwiyubaka nyuma.

    Yahereye kuri Uganda, aho ingabo za FPR-Inkotanyi yari akuriye zateye zituruka, icyo gihe Uganda yashinjwaga gafasha Inkotanyi.

    Yashimiye ubutegetsi bwa Ethiopia na Eritrea bwariho icyo gihe, atanga urugero ko Minisitiri w’intebe Abiy Ahmed - uri muri Kigali Arena uyu munsi, nyuma ya jenoside yari mu Rwanda nk’umusirikare wo kubungabunga amahoro.

    Yashimiye Kenya, u Burundi, DR Congo, Tanzania, Congo-Brazaville byakiriye umubare munini w’impunzi z’Abanyarwanda “bakabaha ubuturo”.

    Yashimye Captaine Mbaye Diagne, umusirikare wa Senegal wari waraje kubungabunga amahoro, wiciwe mu Rwanda mu buryo butavugwaho rumwe “arengera ubuzima bw’abantu”. Yavuze ko umupfakazi n’umukobwa we bari muri Kigali Arena.

    Yashimiye abari bahagarariye Nigeria, Czech Republic na New Zealand, bavugiye mu kanama gashinzwe umutekano ka ONU ko ibyari biri kubera mu Rwanda ari jenoside “basaba ibihugu bikomeye kwirinda guhisha ukuri.”

    Babiri mu bari bahagarariye ibyo bihugu icyo gihe bari baje muri Kigali Arena muri uyu muhango.

  8. Nta bindi bikorwa bikorwa kuri uyu munsi, Hari imodoka nkeya cyane mu mihanda i Kigali

      • Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
      • Igikorwa, BBC Great Lakes, Kigali

    Tariki 07 Mata uba ari umunsi w'ikiruhuko mu Rwanda, abantu basabwa gukurikirana imihango ku rwego rw'igihugu no kwitabira ibiganiro bibera ku nzego z'umudugudu n'utugali.

    Iyi ni itariki iri mu minsi y'umwaka yubahirizwa cyane mu Rwanda.

    Mu mujyi wa Kigali imihanda irimo imodoka nkeya cyane, inzu z'ubucuruzi nyinshi zirafunze. Nta rujya n'uruza rw'abantu ruboneka.

    Mu gace ka Kimironko, nko muri gare, ku isoko, ku kiriziya, n'ahandi hakunze kuba haboneka abantu benshi, imihanda irimo abantu mbarwa.

    Iyi tariki ya 07 Mata yagenwe n'Umuryango w'Abibumbye nk'"umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana jenoside yakorewe Abatutsi".

    Bamwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Rwanda banenga ko kwibuka gutegurwa na leta hari abatabyibonamo kuko badahabwa amahirwe yo kwibuka ababo bazize ubundi bwicanyi bwabaye mu 1994.

    Leta y'u Rwanda ivuga ko nta muntu ubuzwa kwibuka abe, gusa ikavuga ko umuhango wo kuri iyi tariki ari uwo kwibuka Abatutsi bazize jenoside.

  9. Imitima yacu yuzuye ishimwe n'akababaro icyarimwe - Kagame, Imitima yacu yuzuye ishimwe n'akababaro icyarimwe

    Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bababajwe no kwibuka ababo bapfuye ariko banishimira uko u Rwanda rwahindutse.

    Yagize ati: “Ku barokotse; tubafitiye ideni, twabasabye gukora ibidashoboka mwikorera umusaraba wo kwiyunga ku ntugu zanyu kandi n’ubu mubikomeje, turabashimiye.”

    “Amasomo twize akubiye mu maraso yamenetse.”

  10. Amwe mu mafoto yo gutangiza Kwibuka ku rwibutso rwa Kigali, Aya ni ayo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

  11. Ivy'akakanya, Perezida Isaac Herzog wa Israel yageze i Kigali, Israel n'u Rwanda bifitanye umubano mwiza

    Perezida Isaac Herzog wa Israel yageze i Kigali kwitabira uyu muhango wo kwibuka.

    Ukurikije igihe byatangarijwe ko ahageze, uyu mutegetsi asa n'uwahageze akererewe.

    Israel ni igihugu abaturage bacyo bakorewe Jenoside yakozwe n'Aba-Nazi mu Burayi.

    Ubutegetsi bwa Israel n'ubw'u Rwanda bigirana umubano mwiza, bifatanya kandi mu bihe byo kwibuka jenoside kuri buri ruhande.

  12. Clinton, Abiy Ahmed, N'Guesso, Touadéra... Abategetsi bari i Kigali, Clinton asuhuzanya na Kabarebe

    Bill Clinton wari perezida wa Amerika ubwo jenoside yabaga mu Rwanda, ni we ukuriye itsinda ryoherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryaje muri uyu muhango wo Kwibuka.

    Abandi bategetsi bahari kugeza ubu:

    • Hari Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo
    • Hari Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania
    • Hari Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Centrafrique
    • Hari Perezida Denis Sassou-N'Guesso wa Congo-Brazzaville
    • Hari Perezida Mialy R. Rajoelina wa Madagascar
    • Hari Perezida Petr Pavel wa Czech Republic
    • Hari Perezida Mohamed Cheikh El Ghazouani wa Mauritania
    • Hari Abiy Ahmed, minisitiri w'intebe wa Ethiopia
    • Hari Jessica Alupo Visi Perezida wa Uganda
    • Visi Perezida Rigathi Gachagua wa Kenya
    • Guinea ihagarariwe na Lauriane Doumbouya, umugore wa Perezida Mamady Doumbouya
    • Ubwongereza buhagarariwe na Andrew Mitchell, minisitiri w'terambere na Africa
    • Hari Audrey Azoulay, umuyobozi mukuru wa UNESCO
    • Hitezwe kuza kumvwa ijambo rya video rya Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa
    • Ibindi bihugu bitandukanye byohereje ababihagarariye
  13. Cyril Ramaphosa i Kigali mu buryo butari bwitezwe, Ramaphosa na Kagame i Kigali

    Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y'Epfo yaraye ageze i Kigali, byatangajwe ko yaje kwitabira iyi mihango yo kwibuka.

    Ni uruzinduko rwatunguranye kuko imibanire y'u Rwanda na Afurika y'Epfo itifashe neza cyane kuva Pretoria yakohereza kandi igasa n'iyoboye ibikorwa by'ingabo za SADC ziri gufasha igisirikare cya Congo kurwana n'umutwe wa M23.

    Leta y'u Rwanda ibona ibyo nko gufatanya n'umutwe wa FDLR urwanya Kigali, inzobere za ONU zivuga ko uwo mutwe ukorana n'ingabo za FARDC, ibyo Kinshasa ihakana. Izo nzobere kandi zivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ibyo Kigali nayo ihakana.

    Bamwe bavuga ko uruzinduko rwa rwa Ramaphosa i Kigali rwaba rurimo ibindi birenze imihango yo kwibuka.

  14. Ibyo wamenya ku muhango w'uyu munsi, Iby'ibanze wamenya

    Uyu muhango uratangirira ku rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

    Abategetsi batumiwe barashyira indabo ku mva zishyinguyemo abazize Jenoside

    Abategetsi batumiwe n'abaturage basanzwe barerekeza muri Kigali Arena

    Aho haravugirwa amagambo agendanye n'uyu munsi

    Nimugoroba haraba igikorwa cya Walk to Remember n'ijoro ryo kwibuka

  15. Ikaze mu muhango wo Kwibuka i Kigali, Tubahaye ikaze

    Tubahaye ikaze ku makuru ajyanye n'umuhango wo kwibuka jenoside ugiye kubera muri Kigali Arena.