Uhuru Kenyatta i Kinshasa - iburasirazuba imirwano irasatira Goma

Ahavuye isanamu, Kenya State House
Uwahoze ari perezida Uhuru Kenyatta wagenwe nk’umuhuza mu makimbirane mu burasirazuba bwa DR Congo ategerejwe i Kinshasa kuri iki cyumweru, nk’uko umwe mu bakorana nawe bya hafi yabibwiye BBC.
Hagati aho imirwano yubuye mu cyumweru gishize hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa M23 irakomeje kandi yumvikanye no kuri iki cyumweru mu gitondo.
Amakuru atandukanye aremeza ko impande zombi kuri iki cyumweru zarwaniye ku rugabano rwa teritwari ya Rutshuru n’iya Nyiragongo ku ntera ya 30km uvuye i Goma.
Iyi mirwano iratuma abaturage benshi bava mu byabo, mu gihe umutwe wa M23 uvuga ko abasivile barimo kwicwa mu bitero by’ingabo za leta, ingabo za leta ntacyo ziravuga ku birego bya M23.
Ibinyamakuru byo muri DR Congo bivuga ko Uhuru Kenyatta aza kuganira na Perezida Felix Tshisekedi hamwe n’abahagariye sosiyete sivile bo mu ntara ya Ituri, Kivu y’Epfo n’iya Ruguru.
Iyi mirwano yongeye gukara nyuma y’uko abategetsi bakarere bateraniye mu Misiri bakagena ko tariki 16 z’uku kwezi i Nairobi hazatangira ibiganiro bishya byo gushaka amahoro kuri aya makimbirane.
Uhuru Kenyatta arajya i Kinshasa mu rwego rwo gutegura ibi biganiro, nk’uko umwe mu bakorana na we bya hafi utifuje gutangaza yabibwiye BBC.
Ntibiramenyekana niba umutwe wa M23 uzatumirwa muri ibyo biganiro byo mu cyumweru gitaha, leta ya Kinshasa iheruka gutangaza ibisabwa ngo ibe yaganira na M23.
Lourenço yazanye ‘uburyo bushya’
Undi muhuza, Perezida João Lourenço wa Angola, kuwa gatanu no kuwa gatandatu yari i Kigali n’i Kinshsasa aho yabonanye n’abategetsi b’impande zombi.
Ibiro ntaramakuru Angop bya Angola bivuga ko Perezida Lourenço yagejeje kuri bagenzi be b’u Rwanda na DR Congo “uburyo bushya bwo kubahiriza amasezerano ya Luanda”.
Lourenço, ukuriye International Conference on the Great Lakes Region (CIRGL), yagiye agerageza kumvikanisha impande zombi, mu gihe Kinshasa ishinja Kigali gufasha M23, ibyo Kigali ihakana.
Angop isubiramo minisitiri Téte António w’ububanyi n’amahanga wa Angola avuga ko kumera nabi kw’ibintu ku rubuga rw’imirwano “byatumye umuhuza asaba guhindura uburyo bwo gukemura amakimbirane bwari bwatanzwe mu masezerano ya mbere ya Luanda [yo mu kwa gatandatu], hagamijwe ko yihutishwa”.
Téte yanavuze ko kuwa gatatu i Goma yerekanye umujenerali wa Angola uzakurira itsinda ry’ubugenzuzi buhuriweho ku mipaka y’ibi bihugu.
Lieutenant General Nassone João azayobora itsinda ryo guperereza ku birego by’impande zombi kugira ngo “hashakishwe neza ibisubizo bikwiriye”, nk’uko Angop ibivuga.










