Goma ville morte: Imyigaragambyo yo kuguma mu rugo niyo yiriwe i Goma muri RDC

Yatangajwe

Umwe mu miryango itegamiye kuri leta muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo wasabye abaturage gukora imyigaragambyo yo gushyira umujyi wa Goma ku mavi, ikizwi nka "ville morte".

Umuryango "Generation Positive RDC", wasabye abaturage mu mujyi kuguma mu ngo ntibajye ku mirimo, mu rwego rwo gusaba ko ingabo z'akarere k'uburasirazuba bwa Afurika zijya ku rugamba guhangana n'imitwe yitwaje intwaro irimo na M23.

Iyo myigaragambyo yitabiriwe ku buryo nta kazi kakozwe mu mujyi wa Goma. Gusa amakuru avayo aravuga ko haje kwadukamo ibikorwa by'ubusahuzi.

Ni imyigaragambyo ibaye mu gihe hashize iminsi imirwano hagati y'abarwanyi b'umutwe wa M23 n'ingabo za leta ikomeje mu karere k'uburasirazuba muri Congo.

Prudent Nsengiyumva yavuganye na Faustin Nzangande, umuhuzabikorwa ku rwego rw'intara muri Generation Positive RDC, abanza kumubaza impamvu bakoze imyigaragambyo (wakumva icyo kiganiro aho hejuru).