Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Israel ivuga ko yishe yibeshye abashimuswe batatu
Igisirikare cya Israel kivuga ko cyishe cyibeshye abashimuswe batatu mu gikorwa cyacyo muri Gaza, nyuma yuko cyibibeshyeho nkaho ari abateje "inkeke".
Batangajwe ko ari Yotam Haim, wari ufite imyaka 28, Samer Talalka wari ufite imyaka 22, na Alon Shamriz wari ufite imyaka 26.
Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyicuza ibyabaye, kivuga ko uko ari batatu barashwe n'abasirikare ba Israel bakorera i Shejaiya, mu majyaruguru ya Gaza.
Abashimuswe barenga 100 baracyari muri Gaza mu maboko y'ababashimuse, nyuma yuko bafashwe mu bitero byo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) muri Israel.
Ingabo za Israel (IDF) zavuze ko ibyo byabaye ku wa gatanu birimo gukorwaho iperereza kandi ko IDF "yicuza cyane ibyabaye bibabaje ndetse yihanganisha ibikuye ku mutima imiryango yabuze abayo".
IDF yongeyeho iti: "Inshingano yacu y'igihugu ni ukubona aho ababuriwe irengero bari no kugarura mu rugo abashimuswe bose."
Abantu babarirwa mu magana bateraniye rwagati mu mujyi wa Tel Aviv muri Israel nyuma y'iryo tangazo, bakora urugendo berekeza ku kigo cya gisirikare cya IDF cyo muri uwo mujyi, basaba leta gushaka uko igera ku masezerano yatuma abashimuswe basigaye barekurwa.
Abigaragambya bari bafite za buji n'ibyapa byanditseho ngo "Muzane [mubazane] imuhira" na "Aka kanya guhererekanya [kugurana] abashimuswe!"
Imirambo y'abo bagabo batatu yasubijwe ku butaka bwa Israel, aho igenzura ryemeje imyirondoro yabo.
Yotam Haim, washimutiwe mu mudugudu wa Kfar Aza ku itariki ya 7 Ukwakira, yari umunyamuziki wakundaga inyamaswa no guteka indyo zo mu Butaliyani.
Mu gitondo cyo ku munsi Hamas yagabye igitero muri Israel, yahamagaye umuryango we, ababwira ko inzu ye yari irimo gushya. Ubwo yafunguraga idirishya ngo hinjiremo akayaga, Yotam yashimuswe na Hamas.
Ubwo yaganiraga na BBC mbere y'urupfu rw'umuhungu we, nyina yavuze ko bohererezanyije ubutumwa bwo kuri telefone ubwo bari bihishe mu bice byo kwihishamo byo mu rugo iwabo – mbere yuko babura 'connection' (internet).
Alon Shamriz na we yari ari mu mudugudu wa Kfar Aza, ubwo icyo gitero cyabaga. Umuryango we watanze uruhushya rwo kugira ngo izina rye ritangazwe. Mbere wari wasabye ko umwirondoro we udahishurwa.
Samer Talalka, wo mu bwoko bw'Aba-Bedouin, yashimutiwe mu mudugudu wa Nir Am. Uyu wakundaga cyane gutwara moto, yakundaga gutembera mu cyaro, akamara igihe ari kumwe n'inshuti ze.
Yabaga mu mujyi wa Hura, akaba yarakoraga aho imishwi y'inkoko ituragirwa muri uwo mudugudu.
Mu gitondo cyo ku itariki ya 7 Ukwakira, yari ari ku kazi. Yahamagaye mushiki we nyuma y'icyo gitero, amubwira ko yakomerekejwe n'isasu.
Se yabwiye ibitangazamakuru byo muri Israel ko batongeye gushobora kuvugana na we guhera saa moya za mu gitondo (07:00) zo ku isaha yaho, muri icyo gitondo cyabayemo ibitero. Ifoto imugaragaza arimo kujyanwa muri Gaza, yatangajwe ku rubuga rwa Telegram.
Minisitiri w'intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko izo mpfu ari "ibyago bidashobora kwihanganirwa".
Yagize ati: "No kuri uyu mugoroba ugoye, tuzapfuka ibikomere byacu, twige [dukuremo] amasomo kandi dukomeze umuhate usumba ibindi wo kugarukana mu rugo amahoro abashimuswe bacu bose."
Umuvugizi w'ibiro White House bya perezida w'Amerika, John Kirby, yavuze ko iyicwa ry'abo bagabo ari "ikosa ribabaje", kandi ko Amerika itabona neza "uko neza neza iki gikorwa [operation] cyatangiye".
Abashimuswe barenga 100 baracyafungiye muri Gaza nyuma yuko bafashwe ku itariki ya 7 Ukwakira ubwo Hamas yateraga Israel, ikica abantu 1,200 ndetse igashimuta abagera kuri 240 – bamwe muri bo barekuwe mu gahenge kamaze igihe gito.
Hen Avigdori, ufite umugore n'umukobwa bari mu barekuwe, yavuze ko akenshi yumvise abantu bavuga ko abashimuswe bazatabarwa "mu buryo bwa gisirikare".
Ariko yanditse ku rubuga X, rwahoze rwitwa Twitter, ko "nta buryo bwa gisirikare buriho" bwatuma abashimuswe bagarurwa mu rugo amahoro.
Yagize ati: "Umwanzuro kuri buri muntu wese ufite umutima n'ubwenge urasa [ni umwe]: Israel igomba gutangiza amasezerano yo kubagarura ari bazima aho kubagarura bari mu masanduku."