Uganda: Minisitiri yishwe arashwe n'umusirikare wamurindaga

Ahavuye isanamu, UGANDA PARLIAMENT
- Umwanditsi, Patience Atuhaire
- Igikorwa, BBC News, Kampala
- Yatangajwe
Umusirikare wo mu ngabo za Uganda yishe arashe Minisitiri yari acungiye umutekano.
Koloneli wari uri mu kiruhuko cy'izabukuru Charles Okello Engola, wari Minisitiri wungirije w'uburinganire n'umurimo, yarasiwe iwe mu rugo mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri.
Ntibiramenyekana niba hari uguterana amagambo kwabayeho hagati y'uwo musirikare n'uyu wari umukoresha we.
Bamwe mu babibonye bavuga ko uwo musirikare yagiye n'amaguru mu bice bikikije ako gace arasa mu kirere ndetse anavugira hejuru ko atahawe imishahara ye.
Uwo musirikare, abategetsi bataratangaza umwirondoro we, na we hashize iminota arirasa ariyica.
Amakuru avuga ko hashobora kuba hari abantu bahakomerekeye.
Amashusho yo ku mbuga nkoranyambaga yerekana abahatuye bateraniye aho byabereye, bumiwe.
Koloneli (Rtd) Engola, wari ufite imyaka 64, yigeze kuba Minisitiri wungirije w'ingabo.
Mu itangazo rigufi ubwo yari ayoboye inama y'inteko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, umukuru w'inteko ishingamategeko ya Uganda Anita Among yemeje urupfu rwa Koloneli Engola.
Yabwiye abadepite ati: "Muri iki gitondo nakiriye inkuru ibabaje ko Nyiricyubahiro Engola yarashwe n'uwamucungiraga umutekano nuko nyuma yaho, na we ubwe arirasa. Roho ye iruhukire mu mahoro. Uwo wari umugambi w'Imana. Nta kintu dushobora kubihinduraho".










