Amerika isaba ko MINUSMA iva muri Mali 'mu buryo buri kuri gahunda'

Abaturage bo muri Mali bigaragambya, umwe afite icyapa kiriho ubutumwa busaba ko MINUSMA iva mu gihugu cyabo

Ahavuye isanamu, AFP

Insiguro y'isanamu, Mali ishinja MINUSMA "kunanirwa" kugira icyo ikora ku bibazo by'umutekano biri muri iki gihugu
Yatangajwe

Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Amerika yasabye ko habaho igabanywa "mu buryo buri kuri gahunda kandi burimo gushyira mu gaciro" ry'ubutumwa bw'umuryango w'abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Mali, buzwi nka MINUSMA.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize leta ya Mali isabye ONU gukurayo "bidatinze" abasirikare bayo bo kubungabunga amahoro.

Amerika yavuze ko ibabajwe n'icyemezo cya leta ya gisirikare y'inzibacyuho ya Mali cyo kwisubiraho ku ruhushya rwa MINUSMA rwo kuhakorera.

MINUSMA ifite abasirikare barenga 13,000. Ubutumwa bwayo bumaze imyaka 10, leta ya Mali ivuga ko bwananiwe guhagarika ikwirakwira ry'urugomo rukorwa n'intagondwa zigendera ku mahame akaze ziyitirira idini ya Islam.

Mu itangazo, Amerika yagize iti: "Igabanywa rya MINUSMA rigomba gukorwa mu buryo buri kuri gahunda kandi burimo gushyira mu gaciro, hibandwa ku mutekano w'ababungabunga amahoro [abo mu butumwa bwa MINUSMA] n'Abanya-Mali".

Amerika yavuze ko ishyigikiye ubutumwa bwa MINUSMA n'ubuyobozi bwa El-Ghassim Wane, intumwa yihariye y'umunyamabanga mukuru wa ONU muri Mali.

Yongeyeho iti: "Duhangayikishijwe n'ingaruka iki cyemezo [cya leta ya Mali] kizagira ku makuba yo mu rwego rw'umutekano n'imibereho yibasiye abaturage ba Mali.

"Tuzakomeza gukorana n'abafatanyabikorwa bacu muri Afurika y'uburengerazuba mu gufasha gushakira umuti ingorane zo mu rwego rw'umutekano n'imiyoborere zibugarije.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

"Duhaye ikaze ibindi biganiro n'abategetsi bo mu karere ku zindi ngamba zo gutuma habaho ituze no kwirinda intambara".

Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Amerika yongeyeho ko leta ya gisirikare ya Mali "igomba gukurikiza ibyo yiyemeje byose", by'umwihariko gushyikiriza ubutegetsi leta ya gisivile izaba yatowe mu buryo bwa demokarasi, bitarenze mu kwezi kwa Werurwe (3) mu 2024.

Mali ishinja MINUSMA – manda yayo irarangira mu cyumweru gitaha – "kunanirwa" kugira icyo ikora ku bibazo by'umutekano biri muri iki gihugu.

Kuri ubu ONU ivuga ko imitwe y'ingabo iva muri Tchad (Chad), Bangladesh na Misiri ari yo ifite abasirikare benshi cyane mu butumwa bwa MINUSMA.

Ubwo yari abajijwe ku magambo ya leta ya Mali ku wa gatanu ushize, El-Ghassim yavuze ko "tuzakurikiza icyemezo icyo ari cyo cyose Akanama [k'Umutekano ka ONU] kafata".

Ariko yongeyeho ko hatariho kubyemera (uruhushya) kw'igihugu cyakiriye ubutumwa, "gukorera mu gihugu runaka byaba bigoye cyane, niba ahubwo bitaba bidashoboka".