Davido arashinjwa ‘kugeramira ubuzima’ bwa Tiwa Savage

Davido na Tiwa Savage bahoze ari inshuti ubu bararebana nabi

Ahavuye isanamu, Getty Images [collage]

Insiguro y'isanamu, Davido na Tiwa Savage bahoze ari inshuti ubu bararebana nabi
Yatangajwe

Polisi ya Nigeria irimo gukora iperereza kuri Davido, umuhanzi w’injyana ya Afrobeats, nyuma y’uko mugenzi we Tiwa Savage amureze kumutera ubwoba no kumushyiraho ibikangisho.

Amakimbirane hagati y’aba bahanzi bakomeye bivugwa ko yatangiye mu kwezi gushize nyuma y’uko Tiwa atangaje kuri Instagram ifoto ari kumwe n’umwe mu bagore babyaranye na Davido.

Mu kirego yahaye polisi cyatangajwe n’ibinyamakuru byinshi muri Nigeria, Tiwa avuga ko Davido yarakajwe n’iyo foto, avuga ko ari ubushotoranyi kuri we.

Tiwa avuga ko Davido yasubije avuga “amagambo akojeje isoni, y’ubugome kandi y’ibitutsi” kuri we.

Ashinja kandi Davido kohereza abantu kumuburira ngo “yitonde i Lagos” ibyo abona nko “kugeramira ubuzima bwe, no kwibasira ubuzima bwite bwe”.

Davido ntacyo arasubiza kuri ibi birego bya Tiwa.

Ibi byamamare kuva muri weekend ishize nta ugikurikira undi kuri Instagram.

Umuvugizi wa polisi ya Lagos Benjamin Hundeyin yamereye ikinyamakuru Punch News ko bakiriye ikirego cya Tiwa kandi ko batangiye iperereza.

Davido na Tiwa bari bazwiho kuba inshuti mu myaka myinshi, aho n’abana babo [si abo babyaranye] Imade Adeleke na Jamil Balogun bigaga mu ishuri rimwe kandi kenshi babaga bari kumwe.

Ibinyamakuru muri Nigeria bivuga ko gushwana kwa Tiwa na Davido kwaba kwaravuye ku bucuti bwa Tiwa na Sophia wabyaranye na Davido.