Salma Mukansanga, Didier Drogba, Sauti Sol…bazita izina abana b’Ingagi

Yatangajwe

Didier Drogba umunya-Côte d'Ivoire wahoze akinira ikipe ya Chelsea ari mu byamamare bizaha amazina abana b’ingagi mu Rwanda, mu muhate wo kubungabunga izi nyamaswa zugarijwe no gucika, nk’uko abategetsi babivuga. 

Igikomangoma Charles cy'Ubwongereza, Sauti Sol, itsinda rya muzika ryo muri Kenya, Youssou N'Dour umunyamuziki wa Senegal wahoze ari minisitiri w’ubukerarugendo, Gilberto Silva wahoze ari umukinnyi wo hagati wa Arsenal, na Juan Pablo Sorin wahoze ari umukinnyi wo hagati wa Paris Saint Germain, ni andi mazina azwi azaba ari muri uwo muhango kuwa gatanu. 

Salma Mukansanga umusifuzi umaze kwamamara, Louise Mushikiwabo umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, na Naomi Schiff Umubiligi ufite nyina w’umunyarwandakazi ukina gusiganwa mu modoka nk'uwabigize umwuga, nabo bazaha amazina abana b’ingagi. 

Abana b’ingagi 20 nibo bazahabwa amazina – menshi aba ari ay’Ikinyarwanda – mu gikorwa kizabera mu karere ka Musanze munsi y’imisozi igize parike y’ibirunga aho izi nyamaswa ziba.  

Izaba ari inshuro ya 18 y’uyu muhango ugamije kurengera ingagi zo mu misozi – inyamaswa zifatwa nk’izirimo gucika – hamwe no guteza imbere ubukerarugendo mu Rwanda. 

Abashinzwe ubukerarugendo bavuga ko mu nshuro 17 zabanje ingagi zirenga 350 zahawe amazina mu muhango nk’uyu. 

Abana nyabo b'ingagi ntabwo bahabwa amazina bahari ubwabo, bikorwa nk’umuhango ariko ayo mazina nyuma agahabwa abo bana b’ingagi ba nyabo baba bazwi n’abazibungabungabunga bakazikurikirana. 

Izi nyamaswa zisanzwe zibana mu miryango nk'iy'abantu, muri iyi misozi miremire ihuriweho na DR Congo, u Rwanda na Uganda.  

Imwe mu miryango yazo ibaho igenda yimuka ku mpande zinyuranye z'iyi misozi ititaye ku mipaka y'ibihugu.

Indi miryango ikunda kubaho itimuka cyane, ari naho inzobere mu by’izi nyamaswa zihera zibasha gukurikirana abana b’ingagi bavutse n'abahawe amazina mu muhango nk'uyu uteganyijwe.

Mu muhango wo Kwita Izina wabaye mu 2020 hifashishijwe iya kure kubera icyorezo cya Covid-19 cyacaga bintu, umwe mu bana b'ingagi yahawe izina rya Amabwiriza, bibutsa amabwiriza yo kwirinda Covid yari akarishye muri icyo gihe.