Imvo n'Imvano ku bafite imyaka 30 barokotse jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Insiguro y'amajwi, Imvo n'Imvano ku barokotse jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994 ubu bafite imyaka 30 (uboneka ku ifoto ni Blaise)
Imvo n'Imvano ku bafite imyaka 30 barokotse jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994
Yatangajwe

Ndabasuhuje mwese abateze amatwi BBC, uyu ni umwanya w’ikiganiro Imvo n’Imvano. None ni ku wa gatandatu tariki ya 27 Mata (4) mu 2024.

Iki kiganiro kiribanda ku buzima bw’urubyiruko rw’abasore n’inkumi rufite imyaka 30, barokotse jenoside yabaye mu Rwanda mu1994.

Aba ni abavutse mbere cyangwa nyuma gato ya jenoside, bakaba na bo mu buzima busanzwe uyu mwaka bizihiza imyaka 30.

Bamwe muri abo ni abagabo n’abagore ndetse hari n’abakiri ingaragu, ntibamenye ababyeyi babo kuko bishwe muri jenoside.

Patrice ahagaze iruhande rw'intebe z'amabara
Insiguro y'isanamu, Patrice ni umwe muri abo bavutse mu 1994

Benshi muri bo bakuriye mu buzima bugoye, bisanga mu bigo birera imfubyi no mu miryango badafitanye amasano, nta cyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza.

Nta mibare ihamye izwi yigeze ishyirwa ahagaragara y’urubyiruko rwujuje imyaka 30 rwarokotse jenoside.

Bafashijwe n’imiryango yita ku barokotse jenoside, nk’umuryango IBUKA, bavuga ko ubu babona imbere heza kandi ko bafite icyizere cyo kwagura imiryango yari hafi kuzima mu 1994.

Bamwe muri bo twarabasuye, turabaha ijambo muri iki kiganiro, mwateguriwe kandi mugiye kugezwaho na Yves Bucyana.