Imvo n’Imvano kw’isabukuru y'imyaka 30 insamirizi ya BBC Gahuzamiryango imaze

Insiguro y'amajwi, Imvo n’Imvano kw’isabukuru y'imyaka 30 insamirizi ya BBC Gahuzamiryango imaze
Imvo n’Imvano kw’isabukuru y'imyaka 30 insamirizi ya BBC Gahuzamiryango imaze
Yatangajwe

Mwaramukanye amahoro mwese muteze amatwi Imvo n'Imvano yo kuri uyu wa gatandatu tariki 21 z'ukwa 9 mu 2024. Ejobundi kuwa Kane hashize, nibwo iyi nsamirizi ya BBC Gahuzamiryango yijihije isabukuru y'imyaka 30 imaze itangiye.

Byari kuwa mbere itariki ya 19 z'ukwa 9 mu 1994, igihe ubuyobozi bwa BBC igisata cy'igiswahili cyatangizaga ishami ry'i Kinyarwanda n'i Kirundi, kugira ngo bafashe gushakisha no guhuza imiryango y'abanyarwanda yari imaze gutatana kubera jenoside yarimaze kuba mu Rwanda. Bityo, BBC iba ibaye radiyo mpuzamahanga ya mbere ku isi yatangiye gukoresha ururimi rw’ikinyarwanda n’ikirundi. Ndavuga Ikirundi kubera ko hari Abarundi bari bari baratatanijwe n’imvururu zatangiye guhera mu kwezi 10 mu 1993 Perezida Melchior Ndandaye, amaze kwicwa n’igisirikare cy’ u Burundi cyari cyiganjemo Abatatutsi. Melchior Ndandaye niwe perezida wa mbere w’Umuhutu wari watorewe kuyombora u Burundi.

Intego nyamukuru yacyo yari uguhuza ababuranye n’ababo bari batatanye mu karere, akaba ariyo mpamvu cyiswe GAHUZAMIRYANGO.

Bamwe mu banyamakuru ba BBC GAHUZAMIRYANGO
Insiguro y'isanamu, Bamwe mu banyamakuru ba BBC GAHUZAMIRYANGO: Imbere uhereye ibumoso ujya i buryo: Jacques Niyitegeka, Marie-Josee Niyonzima, Patrick Mazimpaka (yari intumwa idasanzwe ya Perezida w'u Rwanda mu karere k’ibiyaga bigari), Ally Yusufu Mugenzi na Kari Blackburn yari ayoboye igisata cya Afrika.Nyuma uhereye ibumoso ujya i buryo: Venuste Nshimiyimana, Laurent Ndayihurume, Zac Nsenga (yari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza), na Ernest Sagaga

Kubera ko cyari ikiganiro cy’ubutabazi, mu cyongereza cyiswe LIFELINE PROJECT. Byari biteganijwe ko kizahagarara iyo shingano yo guhuza ababuranye n’ababo irangiye. Ubutegetsi bwa BBC bwiyambaje imiryango inyuranye y’ubutabazi yari mu karere imfasha impunzi. Gutyo, imiryango nka Croix Rouge, Oxfam, Save the Children, HCR n'indi yitabiriye gufasha BBC.

Cyatangiye rero ari ikiganiro cy’iminota 15 . Uretse amafaranga yashoye muri uwo mushinga w’agatenyo BBC yiyambaje abakozi bayo bakomokaga mu Rwanda no Burundi kugira ngo bakore muri icyo kiganiro cy’agateganyo cyari kigenewe iminota 15 kuva kuwa mbere kugeza kuwa gatanu. Uko niko Ally Yusufu, Karenga Ramadhani, na Faith Niyendeba babaye aba mbere mu gukora muri GAHUZAMIRYANGO. Nyuma y’igihe gito , Laurent Ndayuhurume, wari mu gisata cy’igifaransa yaje kwifatanya nabo ndetse aba n’umuyobozi wabo kugeza yitabye Imana mu 2005.

Uko ikibazo cy’ababuranye cyagendaga kigabanuka niko n’imiryango yafashaga impunzi yagendaga yikura muri uwo mushinga wo guhuza ababuranye n’abababo.

Ariko kubera ikibazo cy’umutekano muke mu karere, kandi bikaba bimenyerewe ko ahantu hari umwuka umeze gutyo, abashyamiranye bakunze gushinga amaradiyo avuga ibiri muri gahunda zabo gusa, BBC yahisemo guhindura GAHUZAMIRYANGO iba imwe mu maradiyo ya BBC World Service. Icyari kigamijwe ni ugutangaza amakuru y’ukuri kandi adafite aho abogamiye. Iyo n’imwe mu nshingano zikomeye za BBC kugeza ubu.

Karenga Ramadhani ni umwe mu batanguje BBC GAHUZAMIRYANGO
Insiguro y'isanamu, Karenga Ramadhani ni umwe mu batanguje BBC GAHUZAMIRYANGO

Kubera ukuntu GAHUZAMIRYANGO yakomeje gukundwa, BBC yafashe icyemezo cyo gushyiraho ikiganiro cya kabiri cy’iminota 30 kuva kuwa mbere kugeza kuwa gatanu.

Mu mwaka wa 2000, ibifashijwemo na leta y’Ubwongereza, BBC yatangije ikiganiro cy’imvo n’imvano. Cyatangijwe mu rwego rwo guha inkunga ibiganiro byo kugarura amahoro mu Burundi byaberaga i Arusha muri Tanzania. Imvo n’imvano yatangiye ari iminota 30, ariko abayumva basaba ku bwinshi ko bayongera, niko yaje kuba isaha kugeza n'ubu. Abakunzi b'Imvo n'Imvano bakomeje kutwandikira bavuga ko n'isaha itabahaza.

Ikibazo gikomeye GAHUZAMIIRYNGO yagize muri iyo myaka 30, ni ugufungirwa gukorera ku mirongo ya FM mu Rwanda no mu Burundi. Ubu irakorera ku mirongo ya SW no kuri FACEBOOK. Irakorera kandi no kuri DIGITIAL.

Mu kwizihiza imyaka 30 GAHUZAMIRYANGO imaze, Imvo n'Imvano y'uyu munsi igiye gusubiza amaso inyuma tureba uko byayigendekeye n’imigambi ifite yo gukora mu gihe kiri imbere.

Ally Yusufu Mugenzi, ni umwe mu batanguje BBC GAHUZAMIRYANGO
Insiguro y'isanamu, Ally Yusufu Mugenzi, ni umwe mu batanguje BBC GAHUZAMIRYANGO

Abatumire bacu ni Ally Yusufu Mugenzi, Faith Niyindeba na Kalenga Ramadhan batangije BBC Gahuzamiryango, turi kumwe kandi na Eric David Nampesya, umwe mu banyamakuru ba BBC Gahuzamiryango bajyaga mu nkambi gushakisha amajwi y'impunzi zishakisha ababo, aho ni muri Tanzania, turi kumwe kandi na Jean Claude Nkubito wari umunyamakuru wa BBC Gahuzamiryango ukorera mu Bubiligi, turi kumwe kandi na Robert Patrick Misigaro, uyoboye BBC Gahuzamiryango muri iki gihe. Turajya no mu Rwanda twumve bamwe mubo BBC Gahuzamiryango yahuje, icyo babivugaho.

Iki kiganiro mwagiteguriwe kandi mugiye kukigezwaho na Felin Gakwaya