Imvo n'Imvano: igice cya 3 c'ibiganiro ku bahoze bakina imikino ngororamubiri mu Rwanda
Mu kiganiro cy'Imvo n'Imvano cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 10 z'ukwa kabiri mu 2024, turabagezaho igice cya 3 cy'urukurikirane rw'ibiganiro twatangiye kubagezaho rw'abahoze bakina imikino ngororamubiri mu Rwanda.
Tubibutse ko ibi biganiro twagiye kubitegurira muri studio y’ i Bordeaux mu Bufaransa aho Mukamurenzi Marcianna, atuye. Twamuhuje rero na bagenzi be bakinanye mu myaka ya za 70 na 80. Bo ariko baje ku murongo wa telephone kuko bari mu mihanda itandukanye.
Twanatumiye n’abakinnye uwo mukino mu myaka ya za 90 n’i 2000 kugeza ku bari gukina ubu. Abo nabo ni Sibonyange Immaculée ari mu Rwanda, Uwilingiyimana Julienne ari mu Rwanda, Mukakigeri Marthe ari mu Rwanda, Nyandwi Aloys ari mu Rwanda, Ntawurikura Mathias ari mu Rwanda, Ndagijimana Elkan ari mu Rwanda.
Twanatumiye kandi Dix Dieudonné ari muri Amerika, Murenzi Emmanuel ( umutoza ) ari muri Benin, Jean Marie Vianney Ndagijimana ( yakuriye ishyirahamwe ry’umukino ngororamubi, anaba muri comite olympique ) ari mu Bufaransa, Clementine Mukandanga ari mu Butaliyani.
Turi kumwe kandi n’umuyobozi wa Comité Olympique mu Rwanda, Alice Umuringa ari mu Rwanda.
Ibi biganiro mwabiteguriwe kandi murabigezwaho na Felin Gakwaya