Imvo n'Imvano yongeye gusubiza abatwandikiye ku isubiranamo mu mutwe wa Wazalendo

Ahavuye isanamu, AFP
Mwaramukanye amahoro mwese muteze amatwi Imvo n'Imvano yo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 7 z'ukwa 10 mu 2023.
Nkuko nabibemereye ubushize, uyu munsi twasubije ibyifuzo by'abatwandikiye bifuzaga ko tubahuza na Sendugu Museveni wo muri PARECO, umutwe witwaje ibirwanisho uri muri Kivu y'amajyaruguru muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu karere ka Masisi, hamwe na Jules Mulumba wo muri CMC, undi mutwe witwaje ibirwanisho uri mu karere ka Rutshuru aho muri Kivu y'amajyaruguru.
Aba twari twaganiriye mu kiganiro twabagejejeho ku itariki ya 9 z'ukwezi gushize, aho twavugaga ku isubiranamo ry'iyo mitwe yiyise Wazalendo, bavuga ko ifasha leta ya Congo kurwanya umutwe wa M23 muri utwo turere twa Masisi na Rutshuru.
Nyuma y'icyo kiganiro rero twandikiwe n'abantu benshi bifuza gutanga ibitekerezo kuri icyo kiganiro, ariko bamwe bakifuza ko tubahuza n'abo bagabo bombi kugira ngo babibarize ibibazo kuko batanyuzwe n'ibyo bavuze.
Narababajije rero, maze bombi, Sendugu Museveni na Jules Mulumba, bemera kuza gusubiza ibibazo by'abaturage batwandikiye.
Ngicyo rero ikiganiro tugiye kubagezaho, ikiganiro mwateguriwe na Félin Gakwaya.