Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Nyuma y’imyaka ibiri Noheli yagarutse i Bethlehem aho Yezu yavukiye
Abakristu n’abakerarugendo benshi bongeye kwinjira muri kiliziya yubatse aho bemera ko Yezu yavukiye mu mujyi wa Bethlehem ngo bizihize Noheli nyuma y’imyaka ibiri ibyo bidashoboka kubera Covid-19.
Amabwiriza akomeye yo kwirinda Covid muri aka gace ka West Bank ka Palestine, ariko kafashwe na Israel, yatumye nyuma y’iya 2019 bidashoboka ko bongera kwizihiza Noheli nk’uko byahoze.
Nyuma y’uko ayo amabwiriza akuweho, abantu ibihumbi bongeye kwerekeza i Bethlehem baturutse mu bice bitandukanye by’isi kwizihiza uyu munsi ukomeye mu kwemera kwabo.
Ikibuga cy’indege kiri hafi yaho kiri muri Israel, abakerarugendo barahagera maze bakerekeza i Bethlehem ahabera ibirori bikomeye uyu munsi kuko bemera ko ariho Kristu yavukiye.
Mu ijoro ryacyeye, imbere ya kiliziya yubatswe aho Yezu yavukiye, amatsinda y’abanyamuziki yaraye acurangira abantu ibihumbi bari ku rubuga rwayo mbere ya misa y’ijoro rya noheli.
Inyubako nto imeze nk’ubuvumo iri muri iyo kiliziya niho hantu hafatwa nk’urusengero rumaze imyaka myinshi cyane kurusha izindi mu bemera Kristu.
Nubwo imibare y’abagiye i Bethlehem uyu mwaka ari micye ugereranyije n’iyo mu 2019, imihanda yaho yongeye kuzura abakerarugendo ndetse nta cyumba cya hoteli wabona kuko byose byafashwe mbere.
Mu gihe abacuruzi bafite icyizere cyo kuzahuka k’ubukungu, hari n’impungenge kubera kwiyongera k’urugomo hagati y’Abisilaheli n’Abanyapalestine, n’ubwoba bw’uko leta nshya ya Israel y’amatwara akarishye ishobora kurushaho gukongeza ibi.
Iyo leta, ifatwa nk’iy’amatwara akarishye mu mateka ya Israel, iragarura ku butegetsi Benjamin Netanyahu kuri manda ya gatandatu y’amateka.
Muri uyu mwaka habarurwa Abanye-Palestine hafi 250 bishwe n’inzego z’umutekano za Israel mu duce bigaruriye twa West Bank na Gaza twa Palestine.