Nigeria: Abagabye igitero mu kiliziya biyoberanyije nk'abaje gusenga - polisi

Intebe zangiritse zo mu kiliziya yagabweho igitero

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Polisi ntiratangaza umubare nyawo w'abiciwe muri icyo gitero
Yatangajwe

Polisi ya Nigeria ivuga ko abagabo bari bitwaje imbunda bishe abantu barenga 20 mu kiliziya ku cyumweru, bari biyoberanyije nk'abaje gusenga.

Umuvugizi wa polisi yavuze ko abateye baturikirije ibiturika imbere muri iyo nyubako, mu gihe abandi bari hanze barasaga.

Ntibiramenyekana impamvu bakoze icyo gitero mu mujyi wa Owo mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria.

Polisi ntiranatangaza umubare nyawo w'abiciwe muri icyo gitero.

Ibiro by'umuryango w'abibumbye (ONU/UN) muri Nigeria byavuze ko "byamaganye mu buryo bukomeye ibitero by'ubugome ku basenga", nkuko bikubiye mu itangazo ry'umuvugizi w'umunyamabanga mukuru, ryasohowe n'uhagarariye ONU muri Nigeria Matthias Schmale.

Schmale yasabye ko habaho ituze, anasaba ko abagabye icyo gitero bashyikirizwa ubucamanza.

Icyo gitero cyabaye mu gihe habaga inama y'ishyaka riri ku butegetsi muri Nigeria, ryatangiye igikorwa cyo guhitamo umukandida uzarihagararira mu matora ya perezida yo mu mwaka utaha.

Perezida Muhammadu Buhari ntashobora kongera kwiyamamaza kuko amaze manda ebyiri ari ku butegetsi.