Afurika y'Epfo: Umugabo yatabawe nyuma y'iminsi itanu inyubako ihirimye

Ahavuye isanamu, Getty Images
- Umwanditsi, Hafsa Khalil
- Igikorwa, BBC News
- Yatangajwe
Umukozi yatabawe akurwa mu byasenyutse by'inyubako yahirimye mu mujyi wa George muri Afurika y'Epfo, nyuma yo kumara iminsi hafi itanu yarahezemo.
Abakora ubutabazi bashoboye kumugeraho no kumuha amazi nyuma yo kumva ijwi ry'umuntu ryavaga mu bisigazwa by'ibyasenyutse.
Alan Winde, umutegetsi w'intara ya Western Cape, yavuze ko uko gutabara uwo muntu kwo ku wa gatandatu ari "igitangaza" bari bizeye kugeraho.
Iyo nyubako y'amagorofa yari kuba iy'icumbi yari yubatse igice kimwe, yahirimye ku wa mbere, yica abantu nibura 14, naho abandi 39 ntibaraboneka.
Abantu 81 bari bari aho hantu hakorerwaga ubwubatsi ubwo iyo nyubako yahirimaga, nkuko itangazo riheruka ry'ubuyobozi bw'uwo mujyi ribivuga. 13 mu batabawe barimo kuvurirwa mu bitaro.
Igitangazamakuru News24 cyo muri Afurika y'Epfo cyatangaje ko uwo mugabo watabawe ku wa gatandatu ari Gabriel Gambe, umufundi w'imyaka 33, wabonywe atwarwa ajyanwa mu modoka y'imbangukiragutabara (ambulance) yari itegereje.

Avugira aho hantu inyubako yahirimiye, Winde yashimiye amatsinda y'abatabazi akora "ubudacogora" mu gutabara abaheze mu byasenyutse.
Yagize ati: "Ntitwigeze na rimwe dutakaza icyizere none uyu munsi [ku wa gatandatu] sinshobora kubona uko mvuga ukuntu niruhukije kandi nasabwe n'ibyishimo. Nshimiye amatsinda yose - muri intwari za nyazo."
Colin Deiner, ukuriye ishami ryo guhangana n'ibizi muri iyo ntara, yavuze ko mbere yuko akurwamo, Gambe yababwiye ko afite "uburemere" ku maguru ye.
Deiner yagize ati: "Duhangayikishijwe cyane n'ibyo, nyuma y'igihe kirekire gutya, rero byabaye ngombwa ko duhamagaza abaganga babiri b'inzobere mu kubaga."
Uko gutabarwa kwo ku wa gatandatu gukurikiye ukw'undi mugabo w'imyaka 29, Delvin Safers, kwabaye ku wa gatatu.
Safers yari yagarutsweho cyane muri Afurika y'Epfo ubwo yagendaga yohereza ubutumwa bw'amajwi bwo kuri telefone ku babyeyi be no ku mukunzi we, ababwira ukuntu abakunda cyane ndetse ababwira ko anafite ubwoba ko atashoboraga kuvamo ari muzima.













