Israel ivuga ko abasirikare bayo barimo gukorera 'rwagati mu mujyi wa Gaza'

    • Umwanditsi, Paul Adams, umunyamakuru kuri diplomasi na Ali Abbas Ahmadi
    • Igikorwa, BBC News, i Yeruzalemu n'i London
  • Yatangajwe

Minisitiri w'ingabo wa Israel Yoav Gallant avuga ko abasirikare ba Israel barimo gukorera "rwagati mu mujyi wa Gaza", mu gihe igikorwa cya gisirikare cy'igihugu cye cyo gusenya Hamas gikomeje.

Yavuze ko abasirikare bagenda n'amaguru barimo gufashwa n'imodoka z'intambara, ibifaru n'aba enjeniyeri (ingénieurs) ba gisirikare.

Ku ruhande rwayo, Hamas yavuze ko irimo kwica abasirikare benshi ba Israel kandi ko yashenye imodoka za gisirikare za Israel.

BBC ntishobora kugenzura ibyo byo ku rugamba bivugwa na buri ruhande.

Minisitiri Gallant yavuze ko abasirikare ba Israel barimo gusenya ibikorwaremezo bya Hamas kandi ko Yahya Sinwar - komanda Israel ivuga ko yateguye igitero cya Hamas muri Israel cyo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) uyu mwaka cyishe abantu 1,400 - asigaye mu kato mu nzu ye yo mu kuzimu (bunker).

Igikorwa cyo ku butaka cya Israel cyaherekejwe n'ibitero bikaze by'indege, byishe abantu barenga 10,000, barimo abana babarirwa mu bihumbi, nkuko bivugwa na minisiteri y'ubuzima igenzurwa na Hamas muri Gaza.

Ku wa kabiri, ibitero by'indege byishe abantu nibura 23 mu mijyi ya Rafah na Khan Younis yo mu majyepfo ya Gaza, nkuko byavuzwe n'abategetsi ba minisiteri y'ubuzima igenzurwa na Hamas. Israel yasabye Abanya-Gaza kujya mu majyepfo ya Gaza ku bw'umutekano wabo.

Christian Lindmeier, umuvugizi w'ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima, yavuze ko "ikigero cy'impfu n'umubabaro" muri iyi ntambara "kigoye kwiyumvisha", kandi ko muri rusange abana 160 bicwa muri Gaza buri munsi.

Abategetsi ba Israel barimo kurushaho kuvuga amagambo ashize amanga ajyanye n'igikorwa (opération) cyabo muri Gaza - ariko abasirikare babo ubu biragaragara ko bamaze kwinjira neza muri tumwe mu duce twubatse bikomeye tw'umujyi.

Igisirikare cya Israel cyatangaje videwo igaragaza imodoka za gisirikare za Israel zirimo gukorera mu muhanda wo ku nkombe mu majyepfo cyane uvuye rwagati mu mujyi, bishimangira ko Israel ubu yamaze kugota ako gace kose.

Ariko nta na kimwe muri ibi gisobanuye ko umujyi wa Gaza ubu uri hafi gufatwa.

Ubonwa nk'indiri ikomeye cyane ya Hamas, wuzuyemo imiyoboro yo munsi y'ubutaka hamwe n'inzu zo mu kuzimu. Israel ivuga ko bimwe muri ibyo biri (byubatse) munsi y'ibitaro binini, birimo n'ibitaro bikuru byo muri uwo mujyi bya al-Shifa.

Ugutera intambwe kwa Israel mu mujyi wa Gaza kwanateje ukundi guhunga kw'abasivile, bakurikiza kuba Israel yari yababuriye ngo bave mu ngo zabo berekeze mu majyepfo.

Mu gihe cy'amasaha menshi ku wa kabiri, abantu babarirwa mu magana bari barimo bagenda. Bamwe bari bari ku bikoresho bimeze nk'ingorofani bikururwa n'indogobe. Benshi muri bo bagendaga n'amaguru.

Ola al-Ghul yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati: "Byari biteye ubwoba cyane.

"... Twakomeje kugenda n'amaguru. Twari benshi cyane, twari dufite amabendera y'umweru."

Hatem Abu Riash, afite inkoni yo kugenda yicumba, yavuze ukuntu byabaye ngombwa ko agenda n'amaguru akanyura iruhande rw'abasirikare ba Israel bafite intwaro nyinshi, nyuma yo guhunga inkambi y'impunzi ya Jabalia, mu majyaruguru y'umujyi wa Gaza.

Yagize ati: "Iruhande rw'abasirikare, iruhande rw'imbunda, iruhande rw'ibifaru, indege... byari biteye ubwoba cyane."

Yongeyeho ati: "Ntituri abaterabwoba - turi abasivile - turashaka kubaho mu mahoro."

Ariko umunyamakuru wa BBC Rushdi Abu Alouf, uri mu mujyi wa Khan Younis wo mu majyepfo ya Gaza, avuga ko abantu 500,000 byemezwa ko bakirimo kuba mu majyaruguru ya Gaza.

Hamdi al-Hato, umugabo wo mu majyaruguru ya Gaza, yavuze ko we n'umuryango we batashoboye kuhava kuko umuhanda wo hanze wari washenywe kandi ko we ubwe atashoboraga kugenda kilometero eshanu n'amaguru kuko umutima we ufite intege nkeya.

Yabwiye BBC ati: "Turi umuryango w'abantu icyenda. Najyaga ncuruza ikawa [yo kunywa] nkabona ama shekel 20 (6,000Frw) ku munsi. Uyu munsi, nta mafaranga nsigaranye ndetse nta biribwa dufite, amazi, cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose. Abana banjye barimo kwicwa n'inzara [barashonje]."

Henshi mu hacururizwa imigati hanini ho mu majyaruguru ya Gaza ubu harafunze kubera ubucye bw'ifu n'ibitoro.

Nyuma y'ibitero by'indege mu majyepfo ya Gaza, amashusho yagaragaje umugabo ava mu byasenyutse by'inzu ye birimo gushya gahoro gahoro i Khan Younis.

Yagize ati: "Bagaragaza ububasha n'imbaraga zabo ku basivile. Impinja ziri imbere, abana bari imbere [mu nzu]."

Umuntu ukora ubutabazi agaragara asa nk'utwaye uruhinja rwapfuye arukuye mu byasenyutse, mu gihe umukobwa ukiri muto wari waheze mu byasenyutse bikamugera mu rukenyerero, agaragara arimo gufashwa akurwamo.

Umuturanyi, witwa Abu Jihad, yarebaga ibirimo kuba.

Yagize ati: "Abantu barashenywe, ubuzima bwabo bwarashenywe.

"Imana ishimwe ko dutekanye [turi bazima] ariko ndakurahiye ubu dutegereje urupfu akanya ako ari ko kose... ni urupfu rwabaye ruhagaritswe."

Nyuma yaho ku wa kabiri, ibitangazamakuru byo muri Palestine byatangaje ko inyubako nibura ebyiri zo guturamo zashenywe n'ibitero by'indege bya Israel mu mujyi wa Deir al-Balah uri rwagati muri Gaza.

Umubare w'abapfuye n'abakomeretse nturamenyekana, ariko amashusho yagaragaje abantu batwaye imirambo nibura ine bayikura mu bisigazwa by'inzu, aho amakuru avuga ko imiryango ibiri yabaga.

Ibiro ntaramakuru Wafa by'ubutegetsi byasubiyemo ababibonye bavuga ko abantu babarirwa muri za mirongo bishwe cyangwa barakomereka muri ibyo bitero by'indege.

Hagati aho, ishami rya gisirikare rya Hamas ryavuze ko ririmo gukomeza kurasa ibisasu bya rokete ku mijyi yo muri Israel.

Itsinda ry'abanyamakuru ba BBC i Tel Aviv ryatangaje ko ryumvise ibiturika cyane mu kirere cyo hejuru y'uwo mujyi, ubwo ubwirinzi bw'ibisasu bwo mu kirere bwa Israel bwitwa Iron Dome bwafataga ibisasu bya rokete.