Umutegetsi w'ikirenga wa Iran ntahari mu gihe abategetsi bo hejuru bitabiriye gusezera kuri Ayatollah

    • Umwanditsi, Olivia Ireland
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 5

Umutegetsi w'ikirenga wa Iran Mojtaba Khamenei byagaragaye cyane ko atari ari mu muhango wo gusezera kuri se, mu gihe abategetsi bo hejuru ba Iran bifatanyije n'imbaga y'abantu babarirwa mu bihumbi, mu gusezera kuri ayatollah ku cyumweru.

Abandi bahungu batatu ba Ali Khamenei – ari bo Masoud, Mostafa na Meysam – bose bitabiriye uwo muhango wo ku cyumweru, bari kumwe n'abategetsi barimo na Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian na Ahmad Vahidi, umukuru w'umutwe wa gisirikare wihariye wo mu ngabo za Iran wa 'Revolutionary Guards'.

Guhwihwisa ku kuntu Mojtaba amerewe – kwenyegejwe n'ibihuha byuko yakomerekeye mu bitero byo mu kirere by'Amerika na Israel byishe se – kwarakomeje kuko atagaragaye mu ruhame kuva agenwe kuri uwo mwanya mu ntangiriro ya Werurwe (3) muri uyu mwaka.

Khamenei mukuru yategetse iyi Repubulika ya Kisilamu kuva mu mwaka wa 1989 kugeza yishwe muri Gashyantare (2) uyu mwaka.

Imihango y'ubutegetsi yo gusezera kuri uwo wahoze ari umutegetsi w'ikirenga yatangiye ku wa gatanu, bikaba biteganyijwe ko izo gahunda zikomeza muri Iran no muri Iraq muri iki cyumweru kiri imbere.

Abategetsi bo muri Iran bavuga ko byitezwe ko abantu bari hagati ya miliyoni 12 na miliyoni 20 bitabira iyo mihango, abategetsi barimo kwita "ugusezera [ugushyingura] kw'ikinyejana".

Umurambo wa Khamenei ubu urambitse mu nyubako y'idini yitwa Grand Mosalla iri mu murwa mukuru Tehran, umuhango wo kumusezeraho ukaba uyobowe n'umutegetsi mukuru ukomeye w'idini w'umu Shia, Jafar Sobhani, umwarimu w'imyaka 97 wigisha muri seminari za kisilamu mu mujyi ukomeye cyane mu idini wa Qom.

Umunsi wo ku cyumweru watangajwe ko ari uw'ikiruhuko muri Iran hose, ndetse nyuma yaho kuri uwo munsi umurambo wa Khamenei urimurwa ukurwe mu nyubako y'idini ya Grand Mosalla, mbere y'imitambagiro yo mu murwa mukuru ku wa mbere.

Uretse kuba Mojtaba Khamenei adahari, uwo muhango ubwawo wo wateguwe mu buryo bwitondewe.

Imihango inyuranye yateguwe mu buryo buri kuri gahunda ndetse kuba Mojtaba Khamenei adahari bibaye mu gihe hari ibikangisho bya Israel ko na we izamwica.

Agahenge kajegajega hagati y'ibihugu biri mu ntambara kuri ubu karimo kubahirizwa, mu gihe ibiganiro ku mahoro arambye bikomeje – nubwo impande zombi zaburiye ko ziteguye kuba zasubukura imirwano.

Ku wa gatandatu, urubuga rw'amakuru Axios rwo muri Amerika rwasubiyemo amagambo ya Perezida w'Amerika Donald Trump avuga ko ibiganiro by'amahoro byabaye bihagaritsweho icyumweru kimwe kugira ngo habe ibikorwa bijyanye no gushyingura.

Urubuga Axios rwasubiyemo amagambo ya Trump avuga ko mu gihe abategetsi benshi bo hejuru ba Iran barimo kwitabira uwo muhango, Washington yashoboraga kubica bose n'"isasu rimwe", yongeraho ati: "Ariko ntituri bubikore kuko ubwo nta muntu n'umwe twaba tugisigaranye wo kuganira na we."

Perezida w'Amerika yanavuze ko yatunguwe no kubona Abanya-Iran barira, avuga ko yibazaga ko abaturage bangaga Khamenei. Yagize ati: "Birashoboka ko ari amarira y'amahimbano."

Mu gusubiza kuri ibyo byavuzwe na Trump, Zahra Safaei, w'imyaka 50, wari uri mu kiriyo, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati: "Ntitwakoze impinduramatwara mu myaka 47 ishize kugira ngo turire amarira y'amahimbano. Ntitwatanze ibitambo by'aba bamaritiri bose kugira ngo turire amarira y'amahimbano."

Ibiro ntaramakuru Associated Press n'ikinyamakuru the Guardian byatangaje ko ku cyumweru abantu bari barimo gusabira urupfu Perezida w'Amerika Donald Trump, mu gihe umusizi w'Umunya-Iran Mohammad Rasouli yavuze mu muvugo we mbere y'iryo sengesho ko "iyicwa rya Trump ni inshingano yacu".

Rasouli yanumvikanye asubirishamo intero ngo "urupfu kuri Amerika" n'"urupfu kuri Israel".

Abaturage bo muri uwo mujyi babonetse ku cyumweru bafite ibyapa birimo n'ibiriho intero zivuga ngo "ica Trump", "ica Bibi", mu gukomoza kuri Minisitiri w'intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, ndetse n'intero ivuga ngo "tuzabahorera".

Imihango y'i Tehran honyine yitezwe kwitabirwa n'abantu barenga miliyoni 10 bo mu bice binyuranye bya Iran, mu gihe hafashwe ingamba z'umutekano ndetse ibitangazamakuru bya leta byaburiye ko hari ibyago byuko hashobora kubaho umubyigano.

Ibiro ntaramakuru IRNA bya leta ya Iran byatangaje ku cyumweru ko abantu barenga 4,000 bagannye ibigo nterabuzima biri mu nyubako ya Grand Mosalla no hafi yayo – nubwo nta bapfuye babonetse.

Amafoto yo muri uwo muhango wo gusezera ku murambo agaragaza abari mu kiriyo baterwa igihu kugira ngo bakomeze kugira ubuhehere, ndetse amafoto yanagaragaje abakora kwa muganga batwaye umukecuru ku ngobyi.

Isanduku ya Khamenei irimo kumurikwa hamwe n'amasanduku ya benewabo (abo bafitanye isano) bane biciwe mu bitero kuri Tehran, barimo n'umwuzukuru we w'umukobwa w'uruhinja wari ufite umwaka umwe, witwa Zahra Mohammadi Golpayegani.

Mu gihe cyose cy'ubutegetsi bwe, Ali Khamenei yakoresheje gahunda yo guhangana n'uburengerazuba bw'isi ndetse, mu gihe cy'imyaka, yafashije imitwe yitwaje intwaro irwanya Amerika na Israel ikorera mu karere k'Uburasirazuba bwo Hagati, irimo umutwe wa Hamas wo muri Gaza, Hezbollah wo muri Libani n'umutwe w'aba Houthis wo muri Yemen.

Nyuma y'imitambagiro y'i Tehran ku wa mbere, isanduku ya Khamenei izajyanwa mu mujyi wa Qom ku wa kabiri, nuko ku wa gatatu ijyanwe ahantu hakomeye h'aba Shia ho mu gihugu gituranyi, Iraq, nyuma ashyingurwe ku wa kane mu mujyi avukamo wa Mashhad uri mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Iran.