Intambara muri DR Congo: Ni iki twakwitega ko kiva mu nama ya EAC na SADC i Dar es Salaam?

Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi mu 2019 ubwo ibihugu byombi byari bibanye neza

Ahavuye isanamu, Village Urugwiro

Insiguro y'isanamu, Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi muri Nzeri(9) 2019 ubwo ibihugu byombi byari bibanye neza
Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 6

Mu gihe amahanga akomeje gusaba ko intambara ihagarara, inkuru nyamukuru izaba itegerejwe ku wa gatandatu nimugoroba ni ikizava mu nama y'abakuru b'ibihugu by'akarere bigize Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba (EAC) hamwe n'ibigize Umuryango wa Afrika y'Amajyepfo (SADC), aho Cyril Ramaphosa wa Afurika y'Epfo ari mu bemeje kuzitabira, nk'uko Perezida wa Kenya aherutse kubitangaza.

Niba Perezida Paul Kagame w'u Rwanda na Felix Tshisekedi wa DR Congo bahuriye i Dar es Salaam mu biganiro, bizaba ari intambwe kuko mu buryo buzwi baheruka guhurira imbona-nkubone mu nama kuri iki kibazo mu 2022.

Tina Salama, umuvugizi wa Perezida Felix Tshisekedi yatangarije ikinyamakuru Top Congo FM ko Tshisekedi azitabira iyi nama, gusa ntiyemeje niba azitabira ahibereye cyangwa ku ikoranabuhanga.

Tina Salama yavuze ko uruhande rwa DR Congo ruzajya muri iyo nama "gusaba ibihano bikomeye ku Rwanda, gukura ku butaka bwacu ingabo zose z'ibindi bihugu zitatumiwe, no kumvikana ku agahenge".

Ku ruhande rw'u Rwanda, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Olivier Nduhungirehe yabwiye France-24 ko kuri iyi nama Perezida Kagame yizeye kubona ibiganiro ku gahenge hagati ya leta ya DR Congo n'umutwe wa M23, no guhagarika imirwano.

ONU na DR Congo bivuga ko u Rwanda ari rwo ruri inyuma ya M23, ibyo izi mpande zombi zo zihakana.

Mu gihe abategetsi b'u Rwanda bavuga ko Kinshasa igomba kwemera kuganira na M23 nk'inzira yo guhagarika intambara, Kinshasa yakomeje gushimangira ko itazigera iganira na M23, umutwe yita ko ari uw'iterabwoba.

Dar es Salaam hazava iki? – Isesengura rya BBC

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Agahenge

Usesenguye ibindi biganiro byo kugerageza guhuza impande zombi kumvikana ku gahenge ko kuba hahagaritswe imirwano ngo hashakwe igisubizo mu mahoro, bishobora kugerwaho i Dar es Salaam.

Kuva mu 2022 amasezerano y'agahenge yagiye yumvikanwaho hagati ya DR Congo n'u Rwanda, aho abategetsi barwo bavugaga ko basabwe "gukoresha umubano bafitanye na M23" bakayitegeka guhagarika imirwano. Ibyo Perezida Kagame yavuze ko yemeye kandi yakoze.

Ayo masezerano ariko ntiyagiye amara kabiri mbere y'uko imirwano yongeraga ikubura, kuva mu gihe cya Bunagana kugeza umwaka ushize M23 isatira Goma igeze i Masisi.

Buri ruhande – FARDC na M23 – rwashinjaga urundi kwica amasezerano y'agahenge yabaga yumvikanywe n'abategetsi i Luanda muri Angola.

Kuri iyi nshuro i Dar es Salaam birashoboka cyane ko inama y'aba bategetsi na yo ishobora kugera ku masezerano y'agahenge. Gusa birashoboka ko ku rubuga rw'imirwano ho bishobora gukomeza kugenda uko byagenze na mbere.

SADC na EAC ntibibona ibintu kimwe

Mu gukemura amakimbirane muri DR Congo, umuryango w'ibihugu wa SADC mu mpera za 2023 wafashe umwanzuro wo gushyigikira leta ya Kinshasa, wohereza ingabo gufasha iza leta ya Kinshasa guhashya M23.

SADC, mu nama yayo y'abakuru b'ibihugu yo mu mpera z'icyumweru gishize, yavuze yeruye ko ingabo z'u Rwanda zifasha M23 mu bitero byayo kandi ishinja M23 kwica amasezerano y'agahenge ya Nyakanga(7) 2024 i Luanda.

SADC kandi isaba abategetsi ba politike na dipolomasi iki kibazo kireba gushaka umuti mu nzira y'ibiganiro, harimo n'ibya Luanda.

Ku rundi ruhande, Umuryango w'ibihugu bya Afurika y'iburasirazuba (EAC) wo, ubwo uheruka guterana, na wo mu cyumweru gishize nyuma y'ifatwa rya Goma, ntabwo washinje u Rwanda kandi wasabye Kinshasa "kuganira bitaziguye n'abarebwa n'ikibazo bose, harimo na M23 n'indi mitwe yitwaje intwaro ku byo yinubira".

Mu cyumweru gishize abakuru b'ibihugu bigize EAC bakoranye inama ku kibazo cya DR Congo

Ahavuye isanamu, EAC

Insiguro y'isanamu, Mu cyumweru gishize abakuru b'ibihugu bigize EAC bakoranye inama ku kibazo cya DR Congo

Mu nama y'i Dar es Salaam – itaratumiwemo M23 – ipfundo ry'ibiganiro rishobora kuba rishingira kuri iyo ngingo.

Kuba EAC isaba Tshisekedi kuganira na M23, no kuba SADC isa n'ishyigikiye Tshisekedi uhagaze ku kuba atazaganira na M23, no kuba SADC ishinja u Rwanda gufasha M23, ni inzira zisa n'izinyuranye kandi zigamije kugera ku ntego imwe: ihagarikwa ry'intambara n'amahoro arambye muri Congo n'akarere kose k'ibiyaga bigari.

Igisubizo kizaboneka kuri iyi ngingo itumvikanwaho n'iyi miryango yombi y'ibihugu nicyo gishobora guha icyerekezo gishya iyi ntambara.

Onesphore Sematumba, umusesenguzi wo mu kigo International Crisis Group, avuga ku biganiro byakomeje kunanirwa gutanga umusaruro, mu mpera z'umwaka ushize yabwiye BBC ati:

"Aho bipfira ni henshi. Ubwa mbere, ni ukubona abaganira, abajya mu biganiro, batemera ko ari bo bari mu ntambara. Nta kuntu rero wazana agahenge mu ntambara utarwana.

"U Rwanda kugeza n'ubu ntabwo bigeze bemera ko bafite abasirikare cyangwa ko bafite n'uruhare mu bibera mu burasirazuba bwa Congo."

Mu cyumweru gishize SADC na yo yakoze inama ku kibazo cya DR Congo

Ahavuye isanamu, Ikulu Tanzania

Insiguro y'isanamu, Mu cyumweru gishize SADC na yo yakoze inama ku kibazo cya DR Congo

Mu bigaragara EAC na SADC ntibyumvikana ku mwanya w'u Rwanda mu makimbirane ari muri DR Congo, iyi na yo ni ingingo ishobora kugarukwaho mu nama y'i Dar es Salaam, nubwo bigoye kwitega ko tuza kubona umwanzuro kuri yo.

U Rwanda ruhakana ko rufite abasirikare muri DR Congo ariko ko rwafashe ingamba zo kwirinda ku mipaka yarwo ngo intambara muri DR Congo itambuka ikagera ku butaka bwarwo.

Perezida Kagame kandi asubiramo kenshi ko muri DR Congo hariyo ikibazo cy'u Rwanda – umutwe wa FDLR ushinjwa gukorana na leta ya Congo – ibyo Kinshasa na yo ihakana.

Ingingo zikomeye i Dar es Salaam

Hari amahirwe menshi ko abategetsi bari buhurire i Dar es Salaam bashobora kugera ku masezerano yo kuba imirwano ihagaze.

Ariko guhagarika imirwano mu buryo burambye bizava ku ngingo zitandukanye zizafatwa no kubahirizwa kwazo bya nyabyo kw'impande bireba.

  • Ingingo ya mbere ni ukwemera uguhagarika imirwano

Iyi ishobora koroha kumvikanwaho, ariko inshuro nyinshi byemeranyijweho mbere ariko impande zirwana zikabirengaho. Nta gihamya ko niba i Dar es Salaam byumvikanyweho bizubahirizwa ku rubuga rw'imirwano.

  • Ingingo ya kabiri ni ibiganiro by'amahoro

Umuti wa EAC wo gusaba Kinshasa kuganira na M23 n'indi mitwe ushobora guhindura ibintu – ibiganiro na leta biri mu byo M23 na yo isaba.

Hasigaye kumenya niba EAC izabihurizaho na SADC kugeza ubu isa n'iri ku ruhande rwa leta ya RD Congo.

N'ubwo iyo miryango yabyumvikanaho, hazaba hasigaye kumenya niba izabasha kumvisha Parezida Tshisekedi gutambuka ''umurongo utukura'' wo kuganira na M23.

Igitutu cy'amahanga na Amerika ihuze

Nta gushidikanya ko muri iki gihe ubutegetsi bushya bwa Perezida Donald Trump muri Amerika mu buryo bugaragara bwitaye cyane ku bibazo bya Amerika kurusha ibiri ahandi ku isi.

Uko ibintu byifashe muri iki gihe hari itandukaniro n'uko byari byifashe mu 2012, ubwo M23 yafataga umujyi wa Goma ikawuvamo nyuma y'iminsi 10.

Icyo gihe igitutu cy'amahanga, by'umwihariko icy'ubutegetsi bwa Barack Obama, ku butegetsi bw'u Rwanda na M23, byagize uruhare rutaziguye mu gutuma M23 iva i Goma, biha n'imbaraga ingabo za MONUSCO na SADC kuyikurikirana no kuyinesha igahungira mu Rwanda no muri Uganda.

Abategetsi ba DR Congo muri iyi minsi bashishikajwe no gusabira u Rwanda ibihano mpuzamahanga. Ibi bibayeho nta kabuza ko byashyira igitutu gikomeye ku Rwanda, rwakira nibura kimwe cya gatatu cy'inkunga ku ngengo y'imari yarwo.

Gusa, icyemeranywaho muri rusange n'ubwo kitaragerwaho, ni uko umuti w'ikibazo cya DR Congo wabonekera mu bushake bwa politike bwa nyabwo bw'abategetsi bo mu karere, n'aba Congo, by'umwihariko, biciye mu nzira z'ibiganiro by'amahoro, nk'uko biheruka kuvugwa na Uhuru Kenyatta – wahoze ari perezida wa Kenya – usanzwe na we ari umuhuza muri iki kibazo.