Rwanda: Imvo n'Imvano ku ruhare rw'amadini mu nzira y'ubwiyunge imyaka 28 nyuma ya jenoside

Insiguro y'amajwi, Imvo n'Imvano ku ruhare rw'amadini mu nzira y'ubwiyunge imyaka 28 nyuma ya jenoside
Yatangajwe

Ndabashuhuje mwebwe mwese muteze amatwi BBC, uyu ni umwanya w'ikiganiro Imvo n'Imvano. Turi ku wa gatandatu tariki ya 9 ukwezi kwa 4 umwaka wa 2022. Ikiganiro cyacu uyu munsi kiribanda ku ruhare rw'amadini mu nzira n'ubwiyunge bw'Abanyarwanda muri iki gihe u Rwanda rwibuka imyaka 28 ya Jenoside yabaye mu Rwanda mu kwezi kwa 4 umwaka wa 1994.

Muri iki kiganiro turajya mu matorero atandukanye turebe uko ibikorwa by'urugendo rw'ubumwe n'ubwiyunge bikorwa.

Abaturage bateze amatwi inyigisho ku bwiyunge

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza

Muri Kiliziya Gatolika bafite icyo bita urugendo rw'isanamitima bavuga ko rumaze gufasha benshi kugeza aho n'imwe mu miryango y'abagize uruhare muri jenoside yiyunze n'iy'abarokotse ndetse bamwe bakanashyingirana. Ni urugendo bavuga ko rumara amezi 6. Turabaha ijambo batubwire iyo nzira uko ikorwa n'ibikorwa imaze kugeraho.

Ni mu gihe mu idini ry'abanglikani bo bakora urugendo rwo gutanga inyigisho z'iminsi 5 ariko ishobora kongerwa bitewe n'uburyo abasaba imbabazi n'abazitanga bagenda bagaragaza kubohoka.

John Rucyahana

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza

Insiguro y'isanamu, 'Bishop' John Rucyahana wahoze ari umuyobozi wa Diyosezi ya Shyira mu itorero Anglikani mu Rwanda, wahoze ari n'umukuru w'iyahoze ari komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge

Icyegeranyo kitavuzweho rumwe cya leta y'u Rwanda ku bumwe n'ubwiyunge cyasohotse mu mwaka ushize wa 2021, cyagaragaje ko ubumwe n'ubwiyunge buri ku kigero cya 94%.

Abakuriye amadini mu Rwanda bavuga ko ibikorwa byabo byo kunga Abanyarwanda bitanga umusaruro uri ku rwego rwo hejuru hirya no hino mu gihugu, nubwo ngo hakirimo imbogamizi z'ababigendamo biguru ntege (gahoro).

Ikiganiro mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Yves Bucyana.

Abaturage barimo guhoberana

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza