Imvo n'imvano ku kibazo cya Covid-19 muri za kaminuza zigenga mu Rwanda
Muri kino kiganiro turavuga kuri za kaminuza zigenga mu Rwanda, bitangazwa ko 10% by’abanyeshuri bahagaritse amasomo yabo kubera amikoro make yatewe na Covid-19. Izo kaminuza zikavuga ko zikeneye inkunga yo kuziba icyuho cyatewe n’icyo cyorezo.
Bamwe mu banyeshuri bavuga ko bahagaritse amasomo birihiraga amafaranga y’ishuri kuko bari bafite utuzi tubibashoboza, mu gihe abandi barihirwaga n’ababyeyi babo ariko nabo ubushobozi ngo bukaba bwarabaye buke.
Turavugana kandi na bamwe mu bayobozi ba kaminuza zitandukanye zimwe zivuga ko zifite imibare iri hejuru y’abanyeshuri babaye bahagaritse amasomo. Ni mu gihe abayobozi b’ihuriro rya za kaminuza zigenga bavuga ko ikibazo kiri kugenda kibonerwa umuti ngo kuko inguzanyo z’igihe kirekire zifuzwaga na za kaminuza mu rwego rwo kuziba icyuho cyatewe na Covid-19 zatangiye gutangwa.
Iki kiganiro mwagiteguriwe na Yves Bucyana.