Rwanda: Imvo n'Imvano ku itegeko rishya ry'ubutaka
Ndabashuhuje mwebwe mwese abateze amatwi BBC, uyu ni umwanya w'ikiganiro Imvo n'Imvano, turi ku wa gatandatu tariki 14 y'ukwezi kwa 8, umwaka wa 2021. Uyu munsi ikiganiro cyacu kiribanda ku itegeko rishya ry'ubutaka mu Rwanda.
Ni itegeko risimbura iryariho muri 2013, leta ikavuga ko kurivugurura byatewe n'ibibazo byagiye bigaragara kandi bigomba gukemurwa n'itegeko rigenga ubutaka rivuguruye.
Bimwe mu bikubiye mu itegeko rishya rigenga ubutaka ni ingingo yongera igihe cy'ubukode bw'ubutaka.
Itegeko riherutse kwemezwa n'abadepite ryemerera umuturage uburenganzira ku butaka mu gihe cy'imyaka igera kuri 99, ni mu gihe itegeko ryariho ryatangaga uburenganzira ku butaka kugera ku myaka 20.

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza
Itegeko rishya rigenga ubutaka mu Rwanda rivuga kandi ko ubutaka bushobora kugabanywamo imigabane myinshi ku mpamvu zitandukanye, buri mugabane ukabona icyangombwa cyawo cy'ubutaka.
Hagati aho ariko, abarinenga bavuga ko riha uburenganzira bwinshi abanyamahanga, cyane cyane abashoramari, mu buryo ngo bishobora gutuma Abanyarwanda baciriritse babura ubutaka.

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza
Muri iki kiganiro turaha ijambo abaturage mu bice bitandukanye, batubwire uko bakiriye itegeko rishya.
Turaganira kandi n'abahagarariye umuryango The Legal Aid Forum ugira uruhare mu gutanga abunganizi mu mategeko ku baturage badafite ubushobozi. Uyu muryango ukaba waratanze ibitekerezo kuri iri tegeko ubwo ryari rikiganirwaho mu nteko.
Turanavugana na Frank Habineza, umudepite mu nteko ishingamategeko akaba n'umuyobozi w'ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, ryakunze kuzamura ijwi risaba imihindukire y'itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda. Ese yaba yaranyuzwe n'itegeko rishya?
Ikiganiro ni Imvo n'Imvano, icyo kuri uyu wa gatandatu mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Yves Bucyana.

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza