Imvo n'Imvano irasesengura umubano w'u Rwanda na France nyuma y'ingendo za Macron na Kagame

Insiguro y'amajwi, Imvo n’Imvano ku mubano w’u Rwanda n’Ubufaransa
Yatangajwe

Mwaramukanye amahoro mwese muteze amatwi Imvo n'Imvano yo kuri uyu wa gatandatu tariki 5 z'ukwa 6 mu 2021. Imvo n'Imvano y'uyu munsi yibanze ku mubano w'u Rwanda n'Ubufaransa nyuma y'urugendo rwa Perezida Emmanuel Macron mu Rwanda mu cyumweru gishize - itariki 27 z'ukwezi gushize.

Urwo rugendo rwabanjirijwe n'urugendo rya Perezida Paul Kagame mu Bufaransa ku itariki 17 z'ukwezi gushize kwa gatanu.

Ababikurikiranira hafi baravuga ko izo ngendo zitari zitangaje mu rwego rw'umubano w'ibyo bihugu kuko zabanjirijwe n'amaperereza ibyo bihugu bivuga ko yateguwe n'impuguke zigenga ariko byihitiyemo.

Ayo maperereza yashakaga kumenya ukuri ku ruhare rw'Ubufaransa muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994. Iperereza rya leta y'u Rwanda ryateguwe n'impuguke z'Abanyamerika, naho icyegeranyo cya leta y'Ubufuransa gitegurwa n'impuguke zo muri icyo gihugu.

Ayo mapereraza yari ashingiye ku kirego gikomeye cya leta y'u Rwanda cy'uko Ubufaransa bwagize uruhare muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994. Nta gisobanuro BBC Gahuzamiryango irabona kigaragaza impamvu ayo maperereza yakorewe mu gihe kimwe. Ese ibyo bihugu byaba byari bizi icyo buri gihugu cyakoraga? Ni ikibazo tutarabonera igisubizo.

Ariko ikidashidikanwaho ni uko ibyo bihugu byavugiye ku mugaragaro ko bigiye gusubukura umubano wabyo wari warazambye, cyane cyane guhera mu mwaka wa 2006, igihe umucamanza wari ushinzwe gukurikirana ibyaha by'iterabobwa, Jean-Louis Bruguière, yari amaze gusohora icyegeranyo ku iperereza yakoze ku wahanuye indege ya Perezida Juvénal Habyarimana ku itariki 6 ukwezi kwa 4, 1994, akaba ari yo yabaye imbarutso ya jenoside.

Jean-Louis Bruguière yavuze ko iyo ndege yahanuwe n'abasirikare ba FPR. Yanasohoye urutonde rw'amazina y'abasirikare bakomeye ba FPR. Ubufaransa bwahise busohora n'inyadiko mpuzamahanga zo kubafata. Bituma Major Rose Kabuye afatirwa mu rugendo rw'akazi yari arimo. Rose Kabuye yamaze amezi ari mu buroko mu Bufaransa.

Nkuko byavuzwe n'abakuru b'ibihugu byombi mu cyumweru gishize, ibyo bihugu biri mu nzira yo gusubukura uwo mubano. Mu rugendo rwe mu Rwanda, Perezida Emmanuel Macron yemeye ko igihugu cye cyagize uruhare rukomeye muri iyo jenoside yakozwe mu Rwanda, ariko ntiyakwerura ngo asabe imbabazi. Mu magambo aziguye, Perezida Macron yavuze ko abacitse ku icumu ari bo bafite impano yo kubababarira.

Umuryango IBUKA uharanira inyungu z'abacikacumu rya jenoside yakorewe Abatutsi wavuze ko utashimishijwe no kuba Ubufaransa butarasabye imbabazi. Naho Perezida Kagame yavuze ko amagambo Perezida Macron yavuze yarenze gusaba imbabazi.

Abo bategetsi bombi batangaje ko bafashe ingamba zo gutangiza bundi bushya umubano w'ibihugu bayobora nubwo batirengagiza ibyabaye. Wenda inkuru yashimishije abacikacumu ni uko Perezida Macron yavuze ko Ubafaransa butazakomeza kuba indiri y'abaregwa kuba barakoze jenoside mu Rwanda.

Ariko abakurikiranira hafi iby'Ubufaransa baravuga ko ikintu gikomeye abayobozi b'ibyo bihugu birengagije, cyangwa bazi ariko ntibakivuge, ari ikibazo cy'ihanurwa ry'indege ya Perezida Habyarimana ubu kiri mu rukiko rusesa imanza rwo Bufaransa - cour de cassation.

Abagore b'Abafaransa batatu baguye muri iyo ndege bagejeje ubujurire bwabo muri urwo rukiko ubushinjacyaha bw'Ubufaransa bumaze guhagarika icyo kirego mu nkiko zo hasi. Ndetse bari kumwe na Agatha Habyarimana, umugore wa nyakwigendera Perezida Habyarimana.

Hari abemera ko icyemezo cy'urwo rukiko gishobora gusubiza irudubi umubano hagati y'ibyo bihugu, cyangwa se kikawushimangira, bitewe n'icyemezo cy'abacamanza.

Muri iki kiganiro rero turasesengura ijambo rya Perezida Emmanuel Macron yavugiye mu Rwanda n'uko ryakiriwe.

Turareba uko umubano ugiye kuba hagati y'u Rwanda n'Ubufaransa - dore ko hari byinshi u Rwanda rwahinduye nko guhagarika gukoresha Igifaransa mu nyigisho zo mu Rwanda.

Turareba inyungu z'u Rwanda mu gushimangira umubano n'Ubufaransa, n'inyungu z'Ubufaransa mu gushimangira umubano n'u Rwanda. Hamwe rero n'icyo kibazo cy'ubucamanza cyakomeje kuba ihwa rijomba umubano w'ibyo bihugu byombi.

Abatumire bacu ni Jean Marie Vianney Ndagijimana, wari uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa mbere ya jenoside ndetse n'igihe yabaga, ndetse anaba Ministiri w'ububanyi n'amahanga wa leta yashinzwe nyuma ya jenoside. Ubu ayoboye umuryango yashinze, Ibuka bose Rengera Bose, avuga ko urengera inyungu z'abahitanywe na jenoside bose.

Turi kumwe kandi na Joseph Sebarenzi, warokotse jenoside, akaba yarabaye umukuru w'inteko nshingamateka y'u Rwanda, ubu akaba yigisha muri Kaminuza muri Amerika aho yahungiye.

Twari twanatumiye Naphtali Ahishakiye, umunyamabanga nshingwabikorwa wa IBUKA, umuryango uvuga ko urengera inyungu z'abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi, ariko telefone ye yaje kudutenguha tugeze muri studio.

Iki kiganiro mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Félin Gakwaya.