Rwanda: Imvo n'Imvano ku kugeza umusaruro w'ubuhinzi ku isoko hifashishijwe ikoranabuhanga

Insiguro y'amajwi, Rwanda: Imvo n'Imvano ku kugeza umusaruro w'ubuhinzi ku isoko hifashishijwe ikoranabuhanga
Yatangajwe

Ndabashuhuje nshuti muteze amatwi BBC, uyu ni umwanya w'ikiganiro Imvo n'Imvano, turi ku wa gatandatu tariki 6 z'ukwezi kwa 3 umwaka wa 2021.

Uyu munsi ikiganiro cyacu kiribanda ku gufasha umuhinzi kumugereza umusaruro we ku isoko ryo mu gihugu imbere hifashishijwe ikoranabuhanga, cyane cyane muri iki gihe igihugu n'isi yose ihanganye n'icyorezo cya Covid-19 aho bitoroheye yaba abahinzi kugurisha neza umusaruro wabo, ndetse n'abaguzi bakaba batorohewe kubona ibyo bifuza kandi ku gihe.

Mu Rwanda hamaze kugera ibigo biciriritse bisaga 15 bifasha abahinzi kugura no kugurisha imyaka yabo batiriwe bava aho batuye.

Abakuriye ibyo bigo bavuga ko umubare w'abahinzi bafasha ukiri hasi cyane ugereranyije n'abahinzi bari mu gihugu.

Ibitunguru

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza

Ni mu gihe abaturage b'u Rwanda babarirwa kuri 72 ku ijana bitwa ko bakora akazi k'ubuhinzi ariko abakora ubuhinzi bwa kinyamwuga bakaba bakiri bacye cyane.

Umucuruzi mu iduka acuruje imbuto

Ahavuye isanamu, BBC Gahuza

Turi mu karere ka Musanze mu majyaruguru y'u Rwanda, aho tuganira na bimwe mu bigo bifasha abahinzi mu kubagereza umusaruro ku isoko, batubwire uko babikora n'ingorane bahura nazo muri ako kazi.

Turaha ijambo kandi abahinzi batandukanye bafashwa n'ibyo bigo mu kubagereza umusaruro wabo ku isoko batubwire inyungu babona yo kugurisha imyaka yabo ikiri mu murima.

Minisiteri ifite ubuhinzi mu nshingano zayo nayo ikaba ishishikariza abahinzi kuyoboka ubu buryo ivuga ko ari impinduramatwara mu guteza imbere umusaruro w'abahinzi. Turaha ijambo abakuriye umushinga SAIP (Sustainable Agricultural Intensification for Improved Livelihoods), ufasha mu buryo bwo kugeza umusaruro w'abahinzi ku isoko hifashishijwe ikoranabuhanga.

Iki kiganiro mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Yves Bucyana.