Rwanda: Imvo n'imvano ku bana b’abanyeshuri batewe inda mu gihe cya ‘guma mu rugo’

Insiguro y'amajwi, Rwanda: Imvo n'imvano ku bana b’abangavu batewe inda mu gihe cya ‘guma mu rugo’
Yatangajwe

Ikiganiro cyacu cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 6 z’ukwezi kwa 2 umwaka 2021 turavuga ku kibazo cy’inda ziterwa abana b’abangavu, abakobwa bari hagati y’imyaka 14-18. Bamwe mu babyeyi bafite abana bahuye n’icyo kibazo baganiriye na BBC bavuga ko abana b’abo batewe inda mu gihe cya ‘guma mu rugo’ umwaka ushize ubwo icyorezo cya Covid19 cyagaragaraga mu Rwanda, bibaviramo kureka amashuri. Muri iki kiganiro turavugana nabo babyeyi.

Ministeri y’uburezi mu Rwanda isobanura ko abakobwa benshi batasubiye ku mashuri nyuma yo gutwara inda zitateganyijwe ariko ko ihora ibashishikariza gusubira mu ishuri n’ubwo baba bamaze kubyara.

Ni ikibazo kimaze gufata intera ndende mu Rwanda. Imibare itangwa n’impuzamashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu ( CLADHO ) yerekana ko buri mwaka byibuze abangavu ibihumbi cumi na bitanu baterwa inda zitateganyijwe. Turavugana na bo mu muryango wa CLADHO.

Hagati aho kandi urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda RIB ruravuga ko mu mwaka ushize wa 2020 abantu abasaga ibihumbi 4,452 bafashwe batangira gukurikiranwaho icyo cyaha. Muri iki kiganiro turavugana n’ubuvugizi bwa RIB butubwire uko bitwaye muri iki kibazo n’ingorane zirimo mu gukurikirana abakekwa gutera inda abangavu. Ikiganiro ni imvo n’imvano, mwagiteguriwe na Yves Bucyana .