Umuryango wa Paul Rusesabagina wareze ikigo cyatanze indege yamujyanye mu Rwanda

Insiguro y'amajwi, Umuryango wa Rusesabagina wareze ikigo cy'indege yamujyanye mu Rwanda
Yatangajwe

Umuryango wa Paul Rusesabagina ufungiwe mu Rwanda uravuga  ko watanze ikirego muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika urega kompanyi y'indege - GainJet.

Iyo kompanyi ni yo yatanze indege yakoreshejwe mu gikorwa uwo muryango uvuga ko kitemewe n'amategeko cyo kumujyana mu Rwanda mu gihe we ngo yari azi ko yerekeje mu Burundi.

Uwo muryango kandi urarega ubufatanyacyaha umunyamadini uvuga ko wari wamutumiye mu Burundi.

Bwana Rusesabagina wamenyekanye cyane muri film 'Hotel Rwanda', ivuga kuri jenoside mu 1994, akurikiranyweho n'inkiko zo mu Rwanda ibyaha birimo iby'iterabwoba.

Jacques Niyitegeka yavuganye n'umukobwa we Carine Kanimba maze atangira amusobanurira impamvu bafashe icyemezo cyo kurega icyo kigo cy'indege.

(Umva icyo kiganiro aho hejuru)

Ushobora gushima gusoma n'ibi: