HCR iraganira n'u Burundi na Kongo ku gutaha kw'impunzi z'abarundi ziri muri Kivu y'epfo
Ishami rya ONU ryita ku mpunzi HCR riravuga ko riri mu biganiro n'abategetsi b'u Burundi n'aba Repubulika ya Demokarasi ya Kongo ku birebana n'itahuka ry'impunzi z'abarundi ziri muri Kivu y'amajyepfo zifuza gusubira mu gihugu cyabo.
Hashize iminsi zimwe mu mpunzi z'abarundi ziri muri ako gace zigerageza gutahuka ariko zagera ku mupaka zigasubizwa inyuma.
Zimwe mu mpunzi z'abarundi zo mu nkambi y'agateganyo za Sange na Kavimvira zataye iyo nkambi mu minsi yashyize zivuga ko zugarijwe n'inzara.
Abo mu nkambi ya Lusenda bo bakavuga ko hashize amezi batabona imfashanyo y'ibiribwa.
BBC yavuganye n'umuvuguzi wa HCR muri Kongo, Johannes Van Gemund, maze dutangira tumubaza icyo barimo gukora kugirango bafashe abo bifuza gutaha mu Burundi.
Ushobora kumva aho hejuru ikiganiro Jacques Niyitegeka yagiranye na Johannes Van Gemund