Imvo n’imvano ku mabi yaba yarakozwe n'abakoloni b'ababiligi Mu Burundi, Rwanda na RD Congo
Ikiganiro co kuri uyu wa gatandatu 18/07/2020 giha umwanya abahinga b'abarundi n'abanyarwanda gusobanura amabi yaba yarakozwe n'abakoloni b'ababiligi, nyuma yaho umwami w'Ububiligi Philippe Leopold Louis Marie, bwa mbere mu mateka y'igihugu cye, yicujije ku marorerwa Umwami w'ububiligi Leopold wa 2 na leta y'Ububiligi bakoreye abanyecongo igihe cy'ubukoloni na mbere yaho. Mu kiganiro cya mbere twabasobanuriye ibyo abahinga bavuga ko Umwami Leopold wa 2 yakoreye abanyecongo igihe yategekaga Repubulika ya Demokarasi ya Congo nkakarima ke, aho hari kuva mu mwaka w'i 1885 kugeza mu 1908 ubwo yahaga icyo gihugu leta y'Ububiligi ikagishyira mu bukoloni.
Nyuma y'intambara ya mbere y'isi, n'ukuvuga mu 1916 nibwo Ububiligi bwatangiye kujya mu Rwanda no mu Burundi, maze buyobora ku mugaragaro ibyo bihugu nyuma yo guhabwa ububasha n'umuryango w'abibumbye, kuva mu 1924 kugeza mu 1962, aho ibyo bihugu byaboneye ubwigenge. Icyo gihe Ububiligi bwari bumaze gutsinda Ubudage muri ibyo bihugu maze bubyita Urundi-Ruanda cyangwa se Ruanda-Urundi.
Ubutegetsi bw'Ububiligi bwashyizeho akanama k'abashingamateka gategura kuzatangira imirimo yako mu kwezi kwa 9, kugirango karebe amabi yaba yarakorewe ibihugu by'u Rwanda, Uburundi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ese ibyo bihugu by'u Rwanda n'u Burundi byaba byarabonye amakuba nkayo Congo yabonye ?
Haba se hari amahirwe angana iki kugirango ubutegetsi bw'u Bubiligi butere intambwe irenze iy'umwami wabwo Philippe yo kwicuza gusa ibyo byabaye ?
Ngibyo ibyo tugiye kwibandaho muri iki kiganiro cy'Imvano n'Imvano.
Abatumire bacu ni Professeur Nduwayo Jean Marie na Professeur Alexandres Hatungimana, bigisha amateka muri Kaminuza y'u Burundi. Abo ni abarundi batuye mu Burundi. Turi kumwe kandi na Professeur Munyarugerero Francois Xavier, umunyarwanda wize akanigisha iby'amateka, ubu atuye mu Bufaransa, turi kumwe kandi na Nizeyimana Innocent, umunyamateka akaba n'umushakashatsi k'uruhare rw'ubukoloni ku macakubiri yabaye mu Rwanda. Amaze kwandi ibitabo 2 kuri icyo kibazo. Ari i Kigali mu Rwanda.
Iki kiganiro mwagiteguriwe na Felin Gakwaya.