Imvo n'imvano ku cyemezo cyo gushyira impunzi ziri mu Rwanda mu byiciro

Yatangajwe

Ikiganiro cyacu kuri uyu wa gatandatu kiribanda ku cyemezo cyo gushyira impunzi ziri mu Rwanda mu byiciro, kimaze iminsi gishyizwe mu bikorwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi. Kuri ubu, impunzi ziri mu byiciro kuva ku kiciro cya mbere kugeza ku kiciro cya gatatu. Ibyo byiciro bije nyuma yaho umuryango w’abibumbye ugabanyirije imfashanyo y’ibiribwa wageneraga impunzi.

Ni icyemezo ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi rivuga ko kigamije guha ubufasha impunzi hagendewe ku bushobozi bwa buri wese, cyane cyane hitawe ku bababaye kurusha abandi.

Ni mugihe bamwe mu mpunzi bavuga ko batishimiye icyo cyemezo ngo kuko ntaho babona bakura ubushobozi.

Hagati aho ariko mu nkambi ya Mahama, impunzi z’abarundi zatangije umugambi zise “Agateka kacu”, ni umugambi w’ubuhinzi watangijwe n’abarundi bahunze.

Uyu mushinga ugamije guha akazi impunzi z’abarundi zitakibona imfashanyo ya UNHCR . Muri iki kiganiro turaha ijambo abawukuriye ndetse n’abarundi b’impunzi ufasha.

Ikiganiro n’imvo n’imvano mwagiteguriwe na Yves Bucyana.