Burkina Faso yaciye amarushanwa ya 'Miss'
Abategetsi bo muri Burkina Faso batangaje ko babaye bahagaritse amarushanwa yose y’ubwiza kugeza igihe hazashyirirwaho andi mabwiriza, kuri ubu arimo gutegurwa kugira ngo atangire gukurikizwa.
Irushanwa nyamukuru rya ‘Miss Burkina’, hamwe n’irushanwa rya ‘Miss’ wa Kaminuza muri Burkina Faso, ni amwe mu marushanwa akomeye arebwa n’iki cyemezo.
Umunyamakuru wo muri Burkina Faso yabwiye BBC ko ayo marushanwa yagize uruhare rukomeye mu by’umuco ndetse akagarukwaho mu bitangazamakuru byo muri icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba.
Mu itangazo yasohoye ku wa mbere, minisiteri y’umuco muri Burkina Faso yavuze ko intego zayo ari ukugenzura neza itegurwa ry’ayo marushanwa, akunze kunengwa ko nta bugenzuzi agira.
Abategetsi banavuze ko bicyenewe ko habungwabungwa indangagaciro z’umuco w’igihugu. Ku rwego mpuzamahanga, Burkina Faso ntiratsindira irushanwa rikomeye ry’ubwiza nka ‘Miss World’ cyangwa ‘Miss Universe’.
Hagati aho, ibindi bihugu byo muri ako karere bisanzwe byarafashe ibyemezo bimeze nk’iki cya Burkina Faso ku bijyanye n’amarushanwa y’ubwiza.
Urugero, muri Bénin irushanwa rya ‘Miss’ rimaze imyaka myinshi rihagaritswe, ahanini hashingiwe ku bibazo bijyanye n’imitegurire yaryo n’impinduka mu bategura iryo rushanwa.
Mu karere k’ibiyaga bigari, mu mwaka wa 2022 irushanwa rya ‘Miss Rwanda’ ryahagaritswe kugeza igihe kitazwi, nyuma y’ibirego by’ihohotera rishingiye ku gitsina byarivuzwemo. Kuva icyo gihe ntirongera kuba.
Icyemezo cya Burkina Faso kiri mu rwego rw’uruhererekane rw’ingamba zafashwe kuva Kapiteni Ibrahim Traoré afashe ubutegetsi muri Nzeri (9) mu 2022, nyuma yo guhirika ubwari buriho icyo gihe.
Abategetsi ba gisirikare ba Burkina Faso bakajije igenzura ry’ibikorwa bimwe na bimwe bihuza imbaga, bahagarika amashyaka ya politike, ndetse basesa amashyirahamwe y’urubyiruko agera kuri 900.
Izindi nkuru wasoma: