Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
‘Ndashaka kureba uko umubiri wanjye wifata ku butumburuke nk’ubwo’ – Umunyakenya wapfuye yurira Everest
Umunya-Kenya wari uzwiho gukunda kurira imisozi miremire byemejwe ko yapfuye nyuma y’uko yari yabanje kuburirwa irengero arimo kurira umusozi usumba iyindi ku isi, Everest.
Joshua Cheruiyot Kirui w’imyaka 40 hamwe n’uwamwerekaga inzira Newang Sherpa w’imyaka 44 wo muri Nepal, babuze ejo kuwa gatatu barimo kugana ku gasongero ka Everest.
Newang we ntarabonwa n’itsinda ry’abatabazi ryoherejwe gushakisha aba bantu bombi, nk’uko umukozi mu bukerarugendo w’aha yabibwiye ibiro ntaramakuru AFP.
Kurira Everest bifatwa ni igikorwa gikomeye cyane kandi kirimo ibyago, yewe no ku basanzwe bamenyereye kurira imisozi. Kenshi ababikora bifashisha umwuka wa 'oxygen' w'inyongera.
Ikinyamakuru Himalayan cyo muri Nepal gisubiramo Sherpa amenyesha ko Kirui yagize “imyifatire idasanzwe” kandi “yanze gusubira inyuma no gufata ‘oxygen’ yo mu icupa”
Itumanaho n’aba bombi ryaje kubura nyuma gato y’uko Sherpa atanze ubwo butumwa, nk’uko abakozi b’ubukerarugendo babivuga.
Mu butumwa aheruka gutangaza kuri Instagram, Kirui yari yavuze ko azurira Everest nta mwuka wa oxygen w’inyongera akoresheje.
“Kubigerageza nta oxygen biteje akaga bityo bisaba imyiteguro idasanzwe, umubiri wanjye uriteguye”, ni ko Kirui yanditse mbere yo kuvuga birambuye uko yiteguye kurira uwo musozi.
Ikinyamakuru Everest Today gitangaza amakuru y’aburira uyu musozi, uyu munsi cyatangaje, gishima, Lenka Poláčková nk’umugore wa mbere wo muri Slovakia kuwa kabiri w’iki cyumweru wageze ku kugera ku gasongero ka Everest adakoresheje ‘oxygen’ y’inyongera.
Nyuma y’amasaha macye iki kinyamakuru cyahise gitangaza urupfu rwa Cheruiyot Kirui wapfuye agerageza nk’ibyo. Everest Today ivuga ko umurambo wa Kirui “wasanzwe muri metero nkeya munsi y’agasongero ka Everest”.
Ku musozi wa Everest iyo ugeze kuri metero 6,000 ugirwa inama yo gufata umwuka w’inyongera wa 'oxygen' kugira ngo wirinde ikibazo cya Hypoxia – aho umubiri ugira ikibazo cya 'oxygen' nkeya. Nubwo hari abantu babashije kugera ku gasongero k'uwo musozi badafashe umwuka w’inyongera, nk’uko inzobere za wo zibivuga.
Kirui yari umukozi w’imwe muri banki zikomeye muri Kenya. Mbere yo kurira uyu musozi yari yavuze ko icyo ashaka kugeraho ari ukuwugera hejuru adakoresheje umwuka w’inyongera.
Yavuze ko aramutse ageze ku gasongero kawo yakoresheje umwuka w’inyongera “sinakumva hari icyo nagezeho”, ati: “Ndashaka kureba uko umubiri wanjye wifata ku butumburuke nk’ubwo”.
Amakuru y’urupfu rwe yababaje Abanya-Kenya, n'abakunda kuzamuka imisozi by'umwihariko.
James Muhia mugenzi we na we ukunda kurira imisozi miremire, wakomeje gutangaza amakuru ya Kirui kuri X (yahoze ari Twitter) kuri iryo gerageza rye ryo kurira Everest, yagize ati: “Umuvandimwe wacu ubu aruhukiye kuri uwo musozi. Ryari ijoro rirerire”.
Mu butumwa bwabanje, Muhia yashyigikiraga Kirui ngo asoze uko kuzamuka, avuga ko afite ibikoresho bihagije, afite ubushobozi bw’umubiri, yitoje neza kandi adatezuka.
Kirui ni uwa kane uguye kuri Everest muri iki cyumweru gusa, nk'uko abashinzwe ubukerarugendo kuri uyi musozi babitangaza.
Abantu barenga 300 bamaze gupfa bagerageza kurira uyu musozi wa metero 8,848 z’ubutumburuke uri mu ruhererekane rw’imisozi ya Himalaya igize umupaka wa Nepal n’Ubushinwa.
Iyo mibare y’abapfiriye kuri Everest bagerageza kuyurira yatangiye gufatwa mu 1922, nk’uko abategetsi baho babivuga.