Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Imvo n'imvano ku rurimi rw'ikinyarwanda
Mu kiganiro Imvo n’imvano co kuri uyu wa gatandatu kibaganirira ku rurimi rw’ikinyarwanda, aho inzobere mu ndimi muri Leta y'u Rwanda zivuga ko ikinyarwanda ari ururimi rwihagije rudakeneye gutira amagambo menshi mu ndimi z’amahanga.
Ni mu gihe bigaragara ko abanyarwanda bamwe bihutira gukoresha indimi z’amahanga nk’icyongereza kabone n’ubwo baba babwira abanyarwanda batumva izo ndimi.
Ibintu byarushijeho kugenda biba bibi ku rurimi rw’ikinyarwanda aho hadukiye imbuga nkoranyambaga, ikinyarwanda kigasimbuzwa uruvange rw’indimi zitandukanye.
Abagikomeye ku rurimi rw’ikinyarwanda basaba ko habaho amategeko yo kururinda ndetse rukanahabwa umwanya ugaragara mu myigishirize mu mashuri cyane cyane mu mashuri abanza.
Muri iki kiganiro turajya muri amwe mu mashuri turebe umwanya uhabwa ikinyarwanda-
Ese koko ikinyarwanda kiri mu kaga ko kuzima?
Bamwe mu bashakashatsi n’abanditsi b’ibitabo bo babona ko ikinyarwanda gikwiye gutabarwa, bakavuga ko kiri mu kaga ko kuzima niba nta gikozwe ngo cyongere kigirwe ururimi rwigishirizwamo mu mashuri.
Twashatse kumenya uruhare ikinyarwanda gihabwa mu mashuri mu Rwanda n’ingamba ziriho mu Rwanda zo kukibungabunga ariko ikigo k’igihugu gishinzwe uburezi REB nticyadusubiza. Iki kiganiro mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Yves BUCYANA.