DR Congo: Imvo n'Imvano ku mvugo y'urwango mu gihe imirwano y'ingabo za leta na M23 yongeye kubura

DR Congo: Imvo n'Imvano ku mvugo y'urwango mu gihe imirwano y'ingabo za leta na M23 yongeye kubura
Yatangajwe

Nongeye kubaha ikaze muri iki kiganiro cy'Imvo n'Imvano cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 y'ukwa 7 mu 2022.

Uyu munsi turasubira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, turaganira ku ngaruka z'imirwano hagati y'ingabo za leta ya Congo n'umutwe w'inyeshyamba wa M23, umutwe wiganjemo abavuga Ikinyarwanda umaze kwigarurira uduce tumwe twa Rutshuru na Nyiragongo muri Kivu y'amajyaruguru, harimo n'umujyi wa Bunagana uri ku mupaka na Uganda.

Ntabwo twibanda  ku ngaruka zo mu bukungu nubwo zikomeye. Aho ndavuga ibyemezo leta ya Congo yafashe byo guhagarika amasezerano yose yagiranye n'u Rwanda no guhagarika ingendo z'indege z'ikigo cy'indege cy'u Rwanda, RwandAir. Icyemezo cyo gufunga umupaka saa cyenda z'amanywa na cyo nticyoroheye abaturiye imijyi y'ibihugu byombi, hamwe rero no guhitisha ibicuruzwa n'urujya n'uruza ku mupaka wa Bunagana ubu ugenzurwa n'uwo mutwe wa M23.

Turibanda ku mubano w'abaturage ba Congo kuko ibimaze iminsi bihabera  cyangwa ubutumwa buhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga biteye ubwoba. Amashusho aragaragaza insorensore  z'Abanyecongo batavuga Ikinyarwanda bitwaje imihoro n'ibyuma ngo byo guhangana cyangwa guhiga abanzi babo, abo bakaba ari abavuga Ikinyarwanda.

Hari ubutumwa twabonye buhererekanywa kuri izo mbuga buhamagarira  abo Banyecongo guhiga Abanyarwanda, bakabasubiza mu Rwanda. Hari abakoresha amagambo ateye ubwoba ntashobora gutinyuka kuvugira hano.

Kuva uwo mutwe wigaruriye umujyi wa Bunagana uri ku mupaka wa Republika ya Demokarasi ya Congo na Uganda, umubano hagati y'Abanyecongo bavuga Ikinyarwanda n'abo mu yandi moko warazambye cyane. Hari amakuru avuga ko ndetse hari abishwe  bazira uko basa cyangwa bavuga Ikinyarwanda. Abibasiwe cyane ni abatutsi.

I Kalima mu ntara ya Maniema bishe umuntu ukomoka mu bwoko bw'Abanyamulenge abandi barahunga, i Kisangani ho bafata umucolonel wo muri Kivu y'amajyaruguru, aha ho n'abapolisi bagaragaye ku mbuga bamukurubana bakamujugunya mu modoka yabo, hari n'ahandi havugwa abasirikare n'abasivile bafashwe, nk'i Bukavu, i Goma, Kalemie ndetse n'i Kinshasa ku murwa mukuru wa Congo. 

Abana b'Abanyarwanda bigaga mu mashuri yo mu mujyi wa Goma, ubu ntibiga  kubera ubwoba. Abavuganye na Gahuzamiryango mu mujyi wa Rubavu  bavuze ko abayobozi b'amashuri yabo ari bo bafashe icyemezo cyo kuba bagumye iwabo. Mu myigaragambyo yabaye mu mujyi wa Goma mu kwezi gushize, abayiteguye bakaba baravuze ko yari imyigaragambyo y'amahoro yari igamije  gushyigikira ingabo z'iguhugu cyabo no kwamagana u Rwanda na Uganda, yabayemo ibikorwa by'urugomo ku bavuga Ikinyarwanda.

Ariko hari abanenga iyo myifatire n'ibyo bikorwa bavuga bati 'iyaba ababikora basubizaga amaso inyuma bakibuka ibyabye mu Rwanda muri 94, ntibatinyuka gukoresha  amagambo ahembera urwango nkuko bimeze ubu'.

Nanone kandi, ikindi kirema agatima abo bavuga Ikinyarwanda, ni uko ubutegetsi bumaze kwihanangiriza ababikora cyangwa abafite iyo ngengabitekerezo, ndetse hakaba hari n'abafashwe i Kinshasa bashyikirizwa ubutabera.

Mu cyumweru gishize, ubutegetsi bw'umujyi wa Uvira bwahuje intumwa z'amoko yo muri ako karere barimo n'abavuga Ikinyarwanda, imiryango itegamiye kuri leta n'abashinzwe umutekano, kugira ngo bigire hamwe uko babirwanya. Mu byemezo byafatiwe muri iyo nama, harimo guhagarika imyigaragambyo no gushakisha abantu bakwiza ubutumwa bahamagarira guhohotera abavuga Ikinyarwanda.

Amakuru atugeraho aravuga  ko Abanyecongo bavuga Ikinyarwanda bafite imitima ihagaze nubwo leta y'icyo gihugu ikomeje kubizeza ko idashyigikiye ibikorwa by'urugomo byabakorerwa. Gahuzamiryango ndetse yavuganye n'umuvugizi wa leta ya Congo, Patrick Muyaya Katembwe, wavuze ko leta ya Congo irwanya ibikorwa byose byibasira Abanyecongo bavuga Ikinyarwanda.

Abakuriye amashyirahamye y'abo bantu bavuga Ikinyarwanda, banasohoye amatangazo bavuga ko nta ho bahuriye n'umutwe wa M23.  Leta ya Congo iravuga ko guhohotera abo bantu ari ukugwa mu mutego w'u Rwanda ivuga ko rufasha umutwe wa M23. U Rwanda ariko ibyo rukaba rubihakana.

Imvo n'Imvano rero irasuzuma igitera imvugo nk'izo, ese uburakari bw'abo Banyecongo batavuga Ikinyarwanda bwaba bufite ishingiro? Ni iki se cyakorwa kugira ngo ibintu bitagera iwa Ndabaga?

Abatumire bacu ni umushingamateka Emmanuel Muhozi wo mu ntara ya Kivu y'amajyaruguru, David Karambi ukuriye umuryango w'abatutsi bo muri Kivu y'amajyaruguru, Nyamuombeza Ombe, Umunyecongo uba muri Finland akaba akurikira politike y'ibibera muri Congo, hamwe na Muyoboke Ndatabaye Boss, umunyamabanga mukuru w'ishyirahamwe Shikama ry'Abanyamulenge baba muri Uvira, ryo mu ntara ya Kivu y’epfo. Turi kumwe kandi na Brigadier General Felix Kulayigye, umuvugizi w'ingabo za Uganda. Twanagerageje gutumira abategetsi b'u Rwanda ariko ntibashoboye kukizamo.

Iki kiganiro mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Félin Gakwaya.