I Burundi na henshi mu burasirazuba bwa Afrika havugwa imyuzure idasanzwe

Yatangajwe

Akarere ka Afurika y'uburasirazuba bwa Afurika kugarijwe n'ibihe by'imyuzure biteganywa mu minsi iri imbere.

Muri Kenya abantu bagera kuri 20 barapfuye abandi babarirwa muri mirongo baburirwa irengero nyuma y'uko imyuzure yibasiye agace k'uburengerazuba bw'igihugu.

Muri iki cyumweru, mu Rwanda abarenga 10 bapfiriye mu majyaruguru kubera imvura ikaze.

Mu gihe inzobere mu rwego rw'iteganyagihe zibura ko hateganyijwe imvura zikomeye kandi zishobora gutera inkeke ku buzima bw'abantu n'ibyabo, mu Burundi imivu myinshi imaze kwangiza amazu y'abaturage ndetse igira ingaruka ku miryango irenga ibihumbi bitandatu.

Benshi muri bo bakeneye imfashanyo y'ibiribwa ndetse n'ibikoresho by'isuku.

Twashatse kumenya uko bimeze, Felin gakwaya avugana na Martin Nivyabandi, minisitiri ushinzwe uburenganzira bwa kiremwamuntu, ubufatanye n'ubutabazi mu Burundi, atangira amubaza uturere twagizweho ingaruka zikomeye.