Afrika ngo ishobora kwibonera ubuvuzi buteye imbere kujya mu Buhinde bikavaho

Yatangajwe

Muri kino cyumweru BBC yatangiye ibiganiro ku ndwara ya kanseri muri Afurika, aho buri mwaka abarwayi bayo benshi berekeza mu Buhinde bagiye kwivuza.

Imibare ya Banki y'isi yose ivuga ko Afurika itakaza amafaranga angana na miliyari imwe y'amadolari ($1.000.000.000) buri mwaka ku cyo yita ubukerarugendo bw'abarwayi mu mahanga cyane cyane abivuza kanseri.

Ibi ngo bikaba biterwa ahanini no kuba Afurika idafite ubushobozi buhagije mu rwego rw'ubuvuzi.

Ariko mu bisanzwe ubirebye ngo ikibuze ni ishyaka hamwe na politike zo guteza imbere ubuvuzi muri Afurika, kuko ngo uburyo burahari.

Jacques Niyitegeka yavuganye na Muganga Leonard Nduwayo ukorera mu Bufaransa maze atangira asobanura impamvu abarwayi b'abanyafurika basigaye birukira mu Buhinde.